Perezida Kagame yashimiye amakipe 3 akorana n’u Rwanda yageze muri 1/2 cya Champions League
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame yashimiye Arsenal, Paris Saint-Germain na Atletico Madrid zikorana n’u Rwanda kuba zabashije kugera muri 1/2 cya UEFA Champions League.
Ayo makipe uko ari atatu kongeraho Bayern Munich yasezereye Real Madrid ni yo yabashije gukatisha itike ya 1/2 cya UEFA Champions League.
Arsenal, Paris Saint-Germain na Atletico Madrid akaba yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri Visit Rwanda.
Nyuma y’uko zigeze muri 1/2, Perezida Kagame usanzwe ari n’umukunzi wa Arsenal akaba yazishimiye bikomeye.
Ati "Wakoze neza mufatabyabikorwa wa Visit Rwanda, Arsenal kuba muri iri joro wageze muri 1/2 cya UEFA Champions League, twiteguye no kuzagushyigikira mu byiciro biri imbere."
Agaruka kuri Paris Saint-Germain yagize ati "Byiza cyane ku mufatabyabikorwa wa Visit Rwanda, Paris Saint-Germain kuba wabashije kugera muri 1/2 cya UEFA Champions League.
Wagaragaje guhatana gukomeye, wabonye ibyo wari ukwiriye. Turakwifuriza amahirwe mu cyiciro gikurikiyeho."
Perezida Kagame kandi yanifurije Atletico Madrid amahirwe mu cyiciro kiri imbere.
Ati "Twishimiye kuba umufatabyabikorwa mushya wa Visit Rwanda, ikipe ya ruhago ya Atletico Madrid ku ntsinzi ikomeye yayigejeje muri 1/2. Turayifuriza gukomeza gutsinda."
Atletico Madrid ni yo yabimburiye aya makipe kugera muri 1/2 isezereye Barcelona ikaba muri 1/2 izahura na Arsenal yaraye isezereye Sporting.
Paris Saint-Germain nayo yageze muri iki cyiciro isezereye Liverpool ikaba izahura na Bayern Munich yaraye isezereye Real Madrid.
Proud to see three #VisitRwanda partners qualifying for the UEFA Champions League semi-finals! The performances of @Atleti, @Arsenal and @PSG_inside have shown consistency, excellence and resolve, and we look forward to the games ahead!
— Paul Kagame (@PaulKagame) April 15, 2026
Congratulations as well to #VisitRwanda’s newest football partner Atlético de Madrid @Atleti on an impressive win and qualification for the UEFA semi-finals! Wishing you continued success!
— Paul Kagame (@PaulKagame) April 15, 2026
Proud to see three #VisitRwanda partners qualifying for the UEFA Champions League semi-finals! The performances of @Atleti, @Arsenal and @PSG_inside have shown consistency, excellence and resolve, and we look forward to the games ahead!
— Paul Kagame (@PaulKagame) April 15, 2026

Ibitekerezo
Anselme
Ku wa 18-04-2026Twishimiye itsinzi y'aba bafatanyabikorwa.
Anselme
Ku wa 18-04-2026Twishimiye itsinzi y'aba bafatanyabikorwa.
Ishimwe Samuel
Ku wa 16-04-2026Respect for athletic Madrid
Ishimwe Samuel
Ku wa 16-04-2026Respect for athletic Madrid
Tuyisenge Joseph
Ku wa 16-04-2026Twese nkabanyarwanda twishimiye kuba amakipe yose yamamariza u Rwanda ibinyujije muri visit Rwanda kuba yose ari muri 1/2 cya champions league.Oye Oye Oye.