Siporo

Musanze FC yasinyishije abakinnyi 3 b’abanyamahanga

Musanze FC yasinyishije abakinnyi 3 b’abanyamahanga

Mu rwego rwo kwitegura imikino yo kwishyura ya shampiyona 2022-23, Musanze FC yamaze gusinyisha abakinnyi 3 b’abanyamahanga baje kongera imbaraga muri iyi kipe.

Aba bakinnyi uko ari 3 bakaba bose bakomoka mu bihugu 3 bitandukanye, Uganda, Nigeria ndetse n’u Burundi.

Shakifu Bakiki, ni myugariro w’Umugande wasinye amasezerano y’imyaka 2 n’igice. Yakiniye amakipe atandukanye arimo Vipers na Express z’iwabo, Nkana FC yo muri Zambia, yanahamagawe kandi mu ikipe y’igihugu ya Uganda.

Musanze FC kandi yikojeje no mu Burundi isinyisha umukinnyi ukina inyuma ya ba rutahizamu, Tuyisenge Yasser [Arafat], yasinye imyaka 2.

Uretse aba bakinnyi kandi Musanze FC yasinyishije rutahizamu Nicholas Ashade Ayomide w’imyaka 23 ukomoka muri Nigeria aho yakiniye amakipe arimo Gataway FC y’iwabo.

Musanze FC izatangira imikino yo kwishyura ya shampiyona ikina na Rayon Sports ku Cyumweru tariki ya 22 Mutarama 2023.

Shakifu Bakiki yasinye imyaka 2 n'igice
Tuyisenge Yasser umurundi wasinyiye Musanze FC
Nicholas Ashade Ayomide ukomoka muri Nigeria
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top