Rutahizamu w’umunya-Ghana uri mu mpera z’amasezerano ye muri Rayon Sports, Michael Sarpong avuga ko amakuru amaze iminsi avugwa ko ashobora kwerekeza muri Young Africans mu gihugu cya Tanzania atari yo kuko nta muntu wo muri iyi kipe baravugana.
Mu minsi ishize ni bwo haje inkuru ivuga ko ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yifuza bamwe mu bakinnyi ba Rayon Sports barimo na rutahizamu w’iyi kipe Michael Sarpong wayifashije kwegukana igikombe cya shampiyona umwaka w’imikino wa 2018-2019.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Michael Sarpong yavuze ko ibintu byo kwerekeza muri Young Africans ntabyo azi nta muntu wo muri iyi kipe baravugana.
Yagize ati“nta kintu na kimwe nzi kuri Young, nta muntu n’umwe wo muri Young twigeze tuvugana, urabizi umpagarariye ubu ni we uba urimo gukurikirana ibintu byose ahanini ni na yo mpamvu njye nta makuru ahagije mba mfite.”
Ku kuba yakongera amasezerano muri Rayon Sports, yavuze ko Rayon Sports ari ikipe yagiriyemo ibihe byiza ndetse atazibagirwa, gusa kuba yakongera amasezerano cyangwa ntayongere ngo bizamenyekana vuba.
Yagize ati“Rayon Sports nayigiriyemo ibihe byiza cyane, ni ikipe buri muntu wese yakwifuza gukinira ariko kongera amasezerano cyangwa sinyongere bitinde cyangwa bitebuke bizamenyekana.”
Michael Sarpong uri ku mwaka we wa nyuma mu ikipe ya Rayon Sports, yayinjiyemo muri 2018 avuye muri Ghana maze ku mwaka we wa mbere ayifasha kwegukana igikombe cya shampiyona.

Ibitekerezo