Imyidagaduro

Icyamamare muri Reggae Tiken Jah Fakoly yanenze Perezida wa Guinea uri kwihambira ku butegetsi

Icyamamare muri Reggae Tiken Jah Fakoly yanenze Perezida wa Guinea uri kwihambira ku butegetsi

Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Reggae ukomoka muri Côte d’Ivoire Tiken Jah Fakoly, yanenze Perezida Alpha Condé w’imyaka 81 ushaka kugundira ubutegetsi ndetse abantu bakaba bari kwicwa kubera kubyamagana.

Mu myaka yo ha mbere, Jah Fakoly yaririmbye ashyigikira Bwana Condé ubwo yari afunze ari mu batavuga rumwe n’ubutegetsi, none uyu munsi ari kwamagana ibikorwa bye.

Mu kiganiro yagiranye na BBC dukesha iyi nkuru, Tiken Jah Fakoly yavuze ko aticuza ibyo yakoze icyo gihe ariko ataniyumvisha uburyo "umuntu yarengeraga" ubu ari guhutaza abigaragambya.

Yagize ati: "Natekerezaga ko agiye kuba nka Nelson Mandela wamaze imyaka muri gereza yasohoka akayobora manda imwe akava ku butegetsi".

Tiken Jah Fakoly azwi cyane mu ndirimbo zitandukanye zakunzwe cyane muri Afurika nka "Le pays va mal", "Plus rien ne m’étonne", "Africa", Promesse bla bla" n’izindi.
Umuvugizi w’ishyaka rya Alpha Condé yatangaje ko batunguwe kandi bakababazwa n’ibyavuzwe na Tiken Jah Fakoly, kuko babifata nk’igitutsi kuri Perezida Condé.

Mu kwezi gushize kwa Nzeri, Condé yasabye guverinoma ye kureba uburyo bavugurura itegeko nshinga gusa abantu benshi bahise babona ko ari uburyo bwo gushaka kuziyamamariza manda ya gatatu mu matora azaba muri 2020, batangira kubyamagana.

Mu cyumweru gishize, abantu icyenda biciwe mu myigaragambyo yo kwamagana uwo mugambi wo guhindura itegeko nshinga.

Nk’uko amashusho anyuranye yabigaragaje ku mbuga nkoranyambaga, abapolisi bakubise bikomeye abigaragambya, banerekana umwe ahohoterwa yambaye ubusa.
Guverinoma, yabanje kubuza iyi myigaragambyo, nyuma yatangaje ko yamaganye uru rugomo rwakorewe abari kwigaragambya.

Perezida Condé yayoboye igihugu cya Guinea-Conakry guhera mu mwaka wa 2010.

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top