Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ndetse na AS Kigali, Haruna Niyonzima, nyuma y’amezi 6 agarutse gukina mu Rwanda, asinyiye ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yahoze akinira.
Uyu mugabo akaba yasinye uyu munsi aho ubuyobozi bw’iyi kipe bwamusanze mu Rwanda asinyira muri Marriot Hotel.
Ibinyujije ku rukuta rwayo rwa twitter, Young Africans yamaze guha ikaze uyu musore muri iyi kipe aho binitezwe ko azakina umukino iyi kipe ifitanye na Simba SC tariki ya 4 Mutarama.
Welcome back Haruna Niyonzima pic.twitter.com/6C3Us7bUEQ
— Young Africans SC (@yangasc1935) December 19, 2019
Haruna si ubwa mbere agiye gukinira ikipe ya Young Africans, muri 2011 ubwo yatandukanaga na APR FC yerekeje muri iyi kipe ayikinira kugeza muri 2017 aho yahise ajya muri Simba SC ayikinira kugeza muri 2019 ahita agaruka mu Rwanda asinyira AS Kigali.
Haruna Niyonzima asinyiye Young Africans mu gihe byavugwaga ko ubwo muri Nyakanga 2019 yasinyaga muri AS Kigali, yasinye umwaka, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, yatangaje ko yasinye amezi 6.
Haruna asubiye muri Young Africans
)
Ibitekerezo