Iyo urebye ku mbuga nkoranyambaga, ugasubira mu mateka bakubwira Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup 1998, gusa n’ubwo ariko byitwa iyi kipe sibwo yegukanye iki gikombe ahubwo yagitwaye mu 1997.
CECAFA Kagame Cup ni irushahwa rihuza amakipe yabaye aya mbere mu bihugu bigize CECAFA, iri rushanwa ryatangiye gukinwa mu 1967 ryitwa CECAFA Club Cup, ryaje guhinduka CECAFA Kagame Cup muri 2002, Rayon Sports yaryegukanye ryitwa CECAFA Club Cup
Umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, Charles Mugemana umaze hafi imyaka 25 avura abakinnyi b’iyi kipe, avuga ko n’ubwo abantu bibeshya ko Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup mu 1998 atari byo ahubwo yecyegukanye mu 1997.
Ni mu kiganiro kigufi yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Charles aho yavuze ko ubundi mbere irushanwa ryabaga mu kwezi kwa 12, byaje guhinduka CECAFA y’ibihugu iba ari ijya mu kwa 12.
Yagize ati“ubundi kera CECAFA y’amakipe yabaga mu kwezi kwa 12, nyuma byaje guhinduka CECAFA y’ibihugu iba ari yo ijya mu kwa 12.”
Yakomeje avuga ko abantu bishyizemo ko Rayon Sports yegukanye CECAFA mu 1998 nyamara ngo si byo, Rayon Sports ngo yayegukanye mu 1997 kuko n’amatariki arayibuka neza.
Yagize ati“rwose ni ibintu nibuka neza, umukino wa nyuma wabaye tariki ya 27 Ukuboza 1997, byari no ku wa Gatandatu, gusa abantu benshi bakunda kubyita ko yabaye 1998 ariko sibyo. Nari ndiyo ndi umuganga, umwaka ukurikiyeho twanagiye muri CECAFA yabereye i Kampala.”
Ibi byatumye ISIMBI ishakisha umwe mu bari abayobozi ba Rayon Sports bari kumwe n’ikipe muri Zanzibar, Hadji Yussuf Mudaheranwa avuga ko ari byo kuko Ubunani bwo mu 1998 bwabaye bageze i Kigali.
Yagize ati“ni byo nanjye mpise mbyibuka, ndibuka ko Ubunani bwo mu 1998 bwabaye twarageze i Kigali, gusa sinibuka impamvu iki gikombe cyiswe icyo mu 1998.”
Rayon Sports yegukanye igikombe cya CECAFA itsinze Mlandege yo muri Zanzibar igihugu cyari cyanakiriye irushwana ibitego 2-1, ibitego bya Rayon Sports byatsinzwe na Mbusa Kombi Billy na Zapy Mula.
Kubera iki yatwaye igikombe mu 1997 kikitwa icyo mu 1998?
Iyo ugerageje kubaza abantu bari hafi y’iyi kipe ndetse n’abasesenguzi b’imikino muri icyo gihe, bakubwira ko batazi impamvu neza, cyane ko hari n’abakubwira ko irushanwa ryabaye mu 1998.
Gusa iyo wifashishije zimwe mu nyandiko zabitswe na zo zitari nyinshi, zikubwira ko Rayon Sports yegukanye CECAFA mu 1998 ariko irushanwa ryarangiye mu Kuboza 1997.
Ikintu cyaje kugaragara ko cyaba cyaratumye Rayon Sports itwara CECAFA 1998 mu 1997, ni uko mu ntangiriro zo mu 1997 hari habaye indi CECAFA yegukanye na AFC Leopards yo muri Kenya itsinze Tusker(Breweries) na yo yo muri Kenya 1-0, hari tariki ya 16 Mutarama 1997.
Young African yari yasezerewe na AFC Leopards ni yo yatwaye umwanya wa 3 itsinze Express yo muri Uganda yari yasezerewe na Tusker muri ½.
Express yo muri Uganda ni yo yari yakuyemo APR FC yari ihagarariye u Rwanda muri ¼ kuri penaliti 5-4 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

Ibitekerezo
Map
Ku wa 1-04-2020Umwaka uwo ari wo wose icy’ingenzi ni uko yacyegukanye gusa MUGEMANA arakoze pour eclaircissement.Vive Gikundiro...