Ubuyobozi bw’ikipe ya Arsenal bwafashe umwanzuro wo gutandukana n’uwari umutoza mukuru, Unai Emery nyuma y’amezi 18 ahawe izi nshingano, ni nyuma y’umusaruro mubi iyi kipe yagiye igira.
Unai Emery akaba yarafashe izi nsingano asimbuye umufaransa, Arsene Wenger muri Gicurasi 2018, akaba yaragize umusaruro mubi iyi kipe yaherukaga mu 1992 wo kumara imikino 7 yikurikiranya nta ntsinzi, ni nyuma y’uko yaraye itsinzwe na Eintracht Frankfurt ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatanu wo mu itsinda F rya Europa League.
Arsenal ikaba yafashe icyemezo mu gitindo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 29 Ugushyingo 2019 nyuma y’inama yahuje ubuyobozi bw’iyi kipe.
Josh Kroenke, mu izina ry’ubuyozi bwa Arsenal yagize ati"Turashimira Unai na bagenzi be bakoze ibishoboka byose kugira ngo ikipe igaruke ku rwego rwo guhangana twashakaga kandi twasabaga. Turifuriza Unai n’abo bakoranaga amahirwe ahazaza.’’
Unai Emery yirukanywe mu gihe mbere y’umukino wa Europa League yaraye atsinzwemo, byari biteganyijwe ko azayobora umukino wa shampiyona iyi kipe izahura na Norwich City muri iyi weekend.
Mu mwaka n’igice yari amaze atoza Arsenal, yayigejeje ku mukino wa nyuma wa Europa League umwaka usize batsindwa na Chelesea, muri shampiyona yasoje ku mwanya wa 5.
Unai Emery w’imyaka 48, yatoje amakipe atandukanye nka PSG yo mu Bufaransa, Valencia na Seville zo muri Espagne n’izindi nyinshi.

Ibitekerezo