Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo umuhanzi wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys ariko usigaye akora wenyine, Platini P yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Ingabire Olivia.
Basezeranye tariki ya 6 Werurwe 2021, basezeranira mu murenge wa Remera muri Gasabo mu Mujyi wa Kigali.
Bakaba barafashe umwanzuro wo kubana nyuma y’umwaka umwe bakundana, Olivia asanzawe yiga muri Kaminuza y’abadive ya AUKA.
Ubukwe bwaba bombi bikaba bivugwa ko buzaba mu ntangiriro z’ukwezi gutaha kwa Mata 2021.
Kuva muri 2017 yatandukana na Ingabire Diane, ntabwo yigeze avugwa cyane mu rukundo cyane ko no mu kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru ISIMBI yahakanye ko nta mukunzi afite, muri 2019 ubwo byavuzwe ko ari mu rukundo na Umukundwa Clemence witabiriye Miss Rwanda 2019 ariko aza kubitera utwatsi.

Ibitekerezo