Adil, Sarpong na Babuwa Samson mu ikipe y’abakinnyi beza b’ibigango(AMAFOTO)
Nyuma y’imikino ibanza ya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2019-2020, umutoza wa APR FC, Mohammed Adil Ereradi, rutahizamu wa Rayon Sports, Michael Sarpong ndetse n’uwa Sunrise FC uyoboye abamaze gutsinda ibitego byinshi, Babuwa Samson bari mu ikipe y’abakinnyi 11 beza b’igangango (Amajigo) bigaragaje muri uyu mwaka.
Ibigango mu buzima busanzwe benshi babifata nk’igitinyiro, ubifite aba yubashywe na benshi ntapfa gusuzugurwa, muri ruhago umukinnyi w’igihagararo benshi baramutinya kuko atanga akazi ku bo bahanganye.
Iyo urebye muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, ubu ikinwamo n’abakinnyi barenga 350, usanga nta bakinnyi b’ibigango benshi barimo, ari naho havuye igitekerezo cyo kuba hakorwa iyi kipe y’Amajigo (Ibigango) kandi bafasha amakipe bakinira.
Iyi kipe y’abakinnyi b’ibigango kandi beza bakina muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yiswe ‘Amajigo’, yatoranyijwe n’itsinda ry’abanyamakuru ba siporo ari nabo bagize icyo gitekerezo cyo kuyikora.
Bimwe mu bushingirwaho harimo kuba umukinnyi afite ibigango ku buryo n’uwo bagiye guhura yamutinya bitewe n’ingano ye, kuba akina mu ikipe ye, kuba afite ishyaka ryinshi akanashyira igitutu kubo bahanganye n’ibindi.
Ni ikipe yazajya ikina hakoreshejwe uburyo bwa 3-5-2.
Uwambajimana Leon bakunda kwita Kawunga usazwe ari kapiteni wa Sunrise FC ni we basanze n’ubundi yaba kapiteni w’iyi kipe.
Iyi kipe kandi irimo rutahizamu wa Sunrise ari nawe uyoboye abamaze gutsinda ibitego byinshi, Babuwa Samson, akaba yaratsinze ibitego 11.
Umutoza wa APR FC, nk’umwe mu batoza b’ibigango bari muri shampiyona, umaze kwigaragaza ni we wagiriwe icyizere cyo kuba yatoza iyi kipe.
Dore 11 bagize iyi kipe
Umunyezamu: Habarurema Gahungu(Police FC)
Ba myugariro: Olih Jacques(Mukura VS), Nsabimana Aimable(Police FC) na Rugwiro Herve(Rayon Sports)
Abakina hagati: Mpozembizi Mohammed(Police FC), Munyakazi Yusuf Lule(Police FC), Uwambajimana Leon Kawunga(Sunrise), Nwosu Samuel(Mukura VS) na Iyabivuze Ose(Police FC)
Ba rutahizamu: Michael Sarpong(Rayon Sports)na Babuwa Samson(Sunrise).

Ibitekerezo
xxxxxxvb
Ku wa 27-12-2019hhh yikipe irasekeje! umutoza mwiza ariko ntamukinnyi mwiza agira mu ikipe atoza??? zero namwe rero ngo mwanditse? uwanditse iyinkuru azajye kwiga umupira kuko ntazi aho bivanaho bigana
-xxxx-
Ku wa 24-12-2019Nigute upanga iyi team ya phrase aller hakaburamo umukinnyi numwe witeame ya mbere iyo irapfuye kuko umutoza mwiza ntaba atoza team yabakinnyi babi
-xxxx-
Ku wa 24-12-2019Nigute upanga iyi team ya phrase aller hakaburamo umukinnyi numwe witeame ya mbere iyo irapfuye kuko umutoza mwiza ntaba atoza team yabakinnyi babi