Umuraperikazi, Abayizera Grace wamamaye nka Young Grace, yamaze gufungura kompanyi mu izina ry’umwana we ya ‘Diamante Genix’ aho zimwe mu nshingano ifite ari ukwita ku bikorwa byerekeranye n’abana.
Iyi kompanyi yafunguriye umwana utaruzuza umwaka cyane ko azawuzuza muri Kanama 2020, bimwe mu byo izajya ikora harimo gufotota abana bakivuka kandi kinyamwuga n’abana bose muri rusange.
Gutunganya ibyumba by’abana, gutegura ibirori by’abana no gutunganya (decoration) aho biri bubere, ibi bikiyongeraho kwambika abana.
Diamante ni umukobwa Young Grace yabyaranye na Rwabuhihi Hubert Pique bakundanaga, akaba yari yaranamwambitse impeta amusaba ko bazabana, gusa baje gutandukana umukobwa we ataravuka. Diamante azuza umwaka tariki ya 24 Kanama 2020.
Ibyo iyi kompnyi izajya ikora
Umushoramari Diamante
Young Grace yafunguriye umwana we kompanyi

Ibitekerezo
Laurence MUKAHIGIRO
Ku wa 20-06-2020Courage mama, nkukundira icyo gusa nta kindi, ikindi wita k’umwana wawe, uterwa ishema na Diamante.
va
Ku wa 19-06-2020YATANGIYE GUKORA SE AHUBWO NGO AZAZE MUHE IKIRAKA !?
Amina
Ku wa 17-06-2020Courage maman Diamente
Kenti dusabe
Ku wa 17-06-2020Imana ikomeze kubagyeza ku ndoto. Uri umugore w’intwari pe. Mbipfurije kugyera kureeee