Imyidagaduro

Wema Sepetu yahishuye ikintu gikomeye yifuriza Diamond kugeza apfuye

Wema Sepetu yahishuye ikintu gikomeye yifuriza Diamond kugeza apfuye

Wema Sepetu wabaye nyampinga wa Tanzania 2006, akaza kukanyuzaho mu rukundo na Diamond, yahishuye ko atifuza ko hari undi mukobwa wakundana n’uyu muhanzi ndetse ko n’abakundanye nawe nyuma ye atabakunda akaba atazigera agira uwo akunda kugeza apfuye.

Imyaka igera muri 5 irashize, umukinnyi wa filimi wo muri Tanzania, Wema Sepetu wakundanaga n’umuhanzi ukomeye muri Tanzania na Afurika yose, Diamond Platnumz batandukanye.

Nk’uko tubikesha inkuru y’ikinyamakuru Amani cyamuganirije ku rukundo rwe na Diamond, yavuze ko nyuma yo gutandukana na we nta kibazo afitanye nawe ndetse n’umuryango we.

Yakomeje avuga ko mu bakobwa bose bakundanye nawe nyuma nta n’umwe yigeze akunda ko yaba yabana na Diamond.

Yagize ati"nta mugore we nigeze nkunda, ntabwo ndi indyarya. Urabizi Diamond ni umuntu twamaranye igihe nk’umukunzi wanjye, sianavuga ko nakunda umugore we, ibyo byaba ari uburyarya kandi sinshobora kuzigera ngira umugore we nkunda kugeza mpfuye."

Aba bombi bakaba baragiye bashwana bakongera bagasubirana inshuro zigera kuri 3. Diamond ubu akaba ari mu rukundo na Tanasha uheruka kumubyarira umwana.

Ngo ntazigera agira umugore wa Diamond akunda
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Ntirampeba Omar
    Ku wa 4-11-2019

    Nukuri kurivyo vya diamond umuhanzi wo muri tanzania ivyobamuvugako sivyo gusa numumaraya hahahahah

  • Ntirampeba Omar
    Ku wa 4-11-2019

    Nukuri kurivyo vya diamond umuhanzi wo muri tanzania ivyobamuvugako sivyo gusa numumaraya hahahahah

IZASOMWE CYANE

To Top