VIDEO: Benjamin Gicumbi yarongoye umukobwa bakorana kuri Radio 10(AMAFOTO)
Umunyamakuru Benjamin Gicumbi yasezeranye imbere y’amategeko n’umukobwa witwa Umuhoza Delphine bari basanzwe bakorana kuri Radio 10.
Umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Nyakanga 2019, bahanye isezerano mu muhango wabereye mu Murenge wa Remera.
Nyuma y’uyu muhango hakaba hari bukurikireho umuhango wo gusaba no gukwa saa 14:00’ uri bubere Kicukiro kuri Rainbow.
Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko, gusaba no gukwa, aba bombi bateganya kujya imbere y’Imana kuri uyu wa 20 Nyakanga 2019, bazasezeranira muri Kiliziya Gatolika mu misa izabera muri Lycée Notre Dame de Citeaux.
Hagenimana Benjamin wamamaye nka ‘Gicumbi’ mu kogeza umupira kuri Radio10 yaherukaga kwambika impeta y’urukundo umukunzi we Umuhoza tariki ya 30 Ukuboza 2018.
Gicumbi n’Umuhoza Delphine bagiye kubana banakorana kuri Radio na TV10, aho Gicumbi akora mu kiganiro cy’imikino kizwi nka ’Ten zone’ naho Delphine agakora muri Prime 10 kinyura kuri televiziyo.
REBA VIDEO IGARAGAZA UKO GICUMBI YASEZERANYE NA UMUHOZA:
)
Ibitekerezo