Simba SC irateganya impinduka zikomeye, kapiteni w’Amavubi Kagere ashobora gutandukana nayo
Rutahizamu w’umunyamwuga ukinira ikipe ya Simba SC, Meddie Kagere ashobora kutongera amasezerano mu ikipe ya Simba SC, ni nyuma y’amavugurura akomeye iyi kipe yifuza gukora.
Meddie Kagere yari yongereye amasezerano mu ikipe ya Simba SC umwaka ushize aho yongereye umwaka umwe, ni nyuma y’imyaka 3 yari ayimazemo.
Ni umwaka abegereye uyu mukinnyi bavuga ko atishimiye kuko atahawe umwanya uhagije wo gukina bityo ko ashobora gutandukana n’iyi kipe nyuma y’uyu mwaka w’imikino.
Ikinyamakuru Mwanaspoti cyanditse ko Simba iteganya gukora impinduka mu bakinnyi ikazana abakinnyi bashya, ni nyuma y’uko igiye gusoza umwaka w’imikino wa 2021-22 nta gikombe na kimwe itwaye.
Simba SC iteganya kongeramo abakinnyi 13 bose bakomoka hanze ya Tanzania barimo ba rutahizamu 3, abakina mu kibuga hagati 7 ndetse na ba myugariro 3.
Mu bakinnyi isanganywe, Simba SC ngo igomba gusigarana abanyezamu ndetse n’abakinnyi 5 gusa barimo ba rutahizamu 2, abakina hagati 2 na myugariro umwe.

Ibitekerezo