Imyidagaduro

Shaddyboo na Bruce Melodie barafunzwe

Shaddyboo na Bruce Melodie barafunzwe

Umuhanzi w’icyamamare mu Rwanda, Bruce Melodie ndetse na Mbabazi Shadia wamamaye kuri Instagram nka Shaddyboo bafunze bazira kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Aba bombi batawe muri yombi mu mpera z’icyumweru gishize bakaba bafungiye ahahoze Kaminuza y’uburezi ya KIE ahashyirwa abantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda, CP Jean Bosco Kabera yahamije aya makuru aho yabwiye Umuseke ko ibi byamamare byafashwe nyuma yo kurenga kuri aya mabwiriza.

Yagize ati"Ayo makuru ni yo. Bafashwe muri Weekend bari kunywa, baracuranga, mbese muri make bakurikiranyweho kwica amabwiriza areba buri munyarwanda yo kwirinda COVID-19.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, Shaddyboo abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, yashyizeho post itaramazeho umwanya, abaza polisi niba bafite uburenganzira bwo kwinjira mu rugo rw’umuntu mu nzu ikamusaka nta cyangombwa ibifitiye, yibazaga icyo cyangombwa cyaba kimaze mu gihe bagiye gusaka umuntu ntacyo bafite.

Bruce Melodie na Shaddyboo bashobora gufungwa iminsi 5 ndetse bakishyura n’amande kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 bakoresha ibirori mu ngo.

Shaddyboo na Melodie barafunze
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • ferdinand
    Ku wa 16-08-2020

    Ok ndi urusizi
    kirazira kutubahiriza amabwiriza areba umunyarwanda wese imbabazi mwabahaye nizo rwose murakoze.

  • ferdinand
    Ku wa 16-08-2020

    Ok ndi urusizi
    kirazira kutubahiriza amabwiriza areba umunyarwanda wese imbabazi mwabahaye nizo rwose murakoze.

  • Samson
    Ku wa 15-08-2020

    Bibaho ibyo, kd nanone ntibarekwa guhanwa ngo nabasitari!

  • Lambert
    Ku wa 11-08-2020

    Nta kundi bihangane

  • Lambert
    Ku wa 11-08-2020

    Nta kundi bihangane

  • Lambert
    Ku wa 11-08-2020

    Nta kundi bihangane

IZASOMWE CYANE

To Top