Siporo

NBA: Inota 1 ryabujije Toronto Raptors igikombe, riyerekeza ku mukino wa 6

NBA: Inota 1 ryabujije Toronto Raptors igikombe, riyerekeza ku mukino wa 6

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri kuri stade ya Scotiabank Arena, ikipe ya Toronto Raptors isanzwe yakiriraho imikino yayo, habereye umukino wa gatanu wa kamarampaka wa shampiyona ya NBA 2019, Toronto yasabwaga gutsinda igahita yegukana igikombe ntibyayihiriye kuko yaje gutsindwa na Golden State Warriors amanota 106 ku 105.

Ni umukino ikipe ya Toronto Raptors yasabwaga gutsinda Golden State Warriors igahita yegukana igikombe cya 2019, kuko mu mikino ine ya kamarampaka yabanje Toronto Raptors yabashije gutsinda Golden State Warriors imikino itatu kuri umwe, ni mu gihe ikipe itwara igikombe igomba kuba yaratsinze imikino 4.

Muri uyu mukino wa gatanu, Golden State Warriors yayoboye impera z’uduce twose aho agace ka mbere karangiye ifite amanota 34-28, aka kabiri karangira ifite 62-56 ndetse n’agace ka gatatu kasojwe Golden State ifite amanota 84 kuri 78 ya Toronto Raptors.

Mu gace ka nyuma k’umukino, Toronto Raptors ibifashijwemo na Jonas Ibaka Ngobila ndetse na Keyle Lowry yasatiriye Golden State Warriors inatangira kuyirusha amanota ariko Golden state itabarwa na Kizigenza Stephen Curry mu masegonda ya nyuma isoza umukino itsinze amanota 106 kuri 105 ya Toronto Raptors.

Biteganijwe ko umukino wa gatandatu wa kamarampaka uzaba mu rukerera rwo kuwa kane tariki 13 Kamena 2019, i saa 03:00’ za mu gitondo ku isaha y’ i Kigali, Golden State Warriors izakira Toronto Raptors kuri stade ya Oracle Arena.

Inota ryatumye hazabaho umukino wa 6

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top