Siporo

Luvumbu wateye impungenge benshi mu ba-Rayon, yatoboye aravuga ku bivugwa ashobora kudakinira iyi kipe

Luvumbu wateye impungenge benshi mu ba-Rayon, yatoboye aravuga ku bivugwa ashobora kudakinira iyi kipe

Rutahizamu mushya wa Rayon Sports ukomoka muri DR Congo, Héritier Luvumbu yamaze impungenge abakunzi b’iyi kipe batekerezaga ko ashobora kutayikinira kubera umubare w’imyaka afite.

Ubwo hatorwaga itegeko ryemerera abakinnyi b’abanyamahanga kuva kuri 3 bakagera kuri 5 mu marushanwa agengwa n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, hashyizweho n’ibizagenderwaho.

Muri iyi mu nama nyuguranabitekerezo yahuje perezida wa FERWAFA, Nizeyima Olivier n’abanyamuryango ba FERWAFA muri Nyakanga 2021, mu rwego rwo kwirinda abakinnyi baza ntacyo baje kumarira amakipe, batoye itegeko ry’uko nta mukinnyi w’umunyamahanga uzemerwa muri shampiyona y’u Rwanda arengeje imyaka 30 kereka byibuze yarahamagawe mu ikipe y’igihugu cye mu myaka 3 iheruka.

Ibi ni byo abantu bagenderagaho bavuga ko rutahizamu Luvumbu wasinyiye Rayon Sports tariki ya 31 Ukuboza 2022 atazakinira iyi kipe kuko adaheruka mu ikipe y’igihugu kandi akaba arengeje imyaka 30 cyane ko tariki ya 23 Nyakanga azuzuza 31.

Uyu rutahizamu wa Rayon Sports yavuze ko we imyaka 3 itararenga ahamagawe mu ikipe y’igihugu ya DR Congo kuko ayiherukamo 2021 kandi na mbere yo kuza muri Rayon Sports yari yahamagawe mu ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu (Equipe CHAN).

Ati "Ubwo mperuka mu ikipe y’igihugu ni muri 2021, nahamagawe mu ikipe y’igihugu ya CHAN. Nubwo nahisemo kuza hano n’ubundi nari namaze guhamagarwa mu ikipe y’igihugu y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu (Equipe CHAN)."

Bimwe mu byo abanyamuryango bari bemeranyijwe kugira ngo bongere umubare w’abanyamahanga muri Shampiyona

Bavuze ko abakinnyi b’abanyamahanga bakina mu Rwanda bagomba kuba batarengeje imyaka 30 y’amavuko, nibo bazajya bahabwa license zo gukina mu Rwanda.

Ikipe yemerewe gutanga abanyamahanga barenze batanu mu bazayikinira mu mwaka w’umukino, ariko abagomba kujya ku rupapuro rw’umukino(feuille de mactch) ntibagomba kurenga batanu.

Umunyamahanga urengeje imyaka 30 wifuza gukina mu Rwanda agomba kuba akinira ikipe y’igihugu cye cyangwa ayiherukamo mu myaka 3 iheruka, uyu azajya abisabirwa n’ikipe imwifuza ubusabwe bwigeho.

Ku bakinnyi b’abanyamahanga barengeje imyaka 30 bagifite amasezerano mu makipe yo mu Rwanda, bemerewe gukomeza gukina byibuze indi myaka 2, abagifite amasezerano arenze imyaka 2 ibyabo bizigwaho.

Luvumbu yamaze impungenge abakunzi ba Rayon Sports ko azayikinira
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Uwimana Emmy
    Ku wa 13-01-2023

    Reyon fresh!!!!!! !!!
    Rotour is fay!!!!!!
    Ruvumbu azakora umuti too!

IZASOMWE CYANE

To Top