Gasogi United yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka 2 umukinnyi ukomoka muri Cameroun, Steve Simo Kayo aho aje gufasha iyi kipe mu mikino yo kwishyura.
Uyu mukinnyi ukina mu kibuga hagati, yageze mu Rwanda ku wa Mbere w’iki cyumweru akaba yakiniraga ikipe y’iwabo Colombe du Sud.
Steve ni umukinnyi ukina mu kibuga hagati ariko asatira afasha abataha izamu gushaka ibitego, akaba aje gufasha ikipe ya Gasogi United kwitwara neza mu mikino yo kwishyura nk’uko yitwaye neza mu mikino ibanza ya shampiyona aho yasoje ku mwanya wa Kane.
Uyu mukinnyi akaba yabisikanye na Augustine Henneh ukomoka muri Ghana wari wageze mu Rwanda mu ntangiriro z’uku kwezi ariko ikipe ikaba itarashimye urwego rwe.
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo ukomoka muri Cameroun

Ibitekerezo