Irushanwa ngaruka mwaka rihuza amabanki ryatangiye Equity Bank inyagira Access Bank ibitego 16-0.
Iri rushanwa ririmo riba ku nshuro ya 4 ryatangiye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki ya 5 Kanama 2023 aho mu mupira w’amaguru habaye imikino 2.
Mu itsinda rya A, Equity Bank ikoresha amwe mu mazina azwi cyane muri ruhago y’u Rwanda, nka kapiteni Habyarimana Innocent [Di Maria] ari na we kapiteni, Tuyizere Donatien wamenyekanye nka Djojori ndetse na rutahizamu Dusange Bertin yari yakinnye na Access Bank.
Uyu mukino wabereye kuri ’Tapis Vert’ i Nyamirambo ku wa Gatandatu, Equity yayinyagiye itayibabariye ibitego 16-0.
Hahise hakurikiraho umukino wo mu itsinda B wo BK yatsinzemo Congebank ibitego 5-2.
Ku wa Gatandatu kandi hari habaye imikino yo muri Basketball aho mu itsinda rya kabiri Equity yatsinze I&M Bank amanota 72-47 mu gihe mu itsinda rya mbere BPR yatsinze BK amanota 27-0.
Undi mukino wo mu itsinda rya mbere wagombaga guhuza Access Bank na Congebank ntiwabaye kuko aya makipe atigeze aboneka ku kibuga.
Imikino yakomeje ku Cyumweru tariki ya 6 hakinwa Volleyball aho BK yatsinze BPR amaseti 3-1 (25-22, 23-25, 25-15 na 25-18) ni mu gihe Ecobank yatsinzwe na Cogebank amaseti 3-0 (9-25, 11-25 na 16-25).
Tony Francis Ntore, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Amabanki mu Rwanda (RBA) yavuze ko bishimiye uko irushanwa ryatangiye.
Ati "Irushanwa ryagenze neza, urabona ko abakinnyi batangiye bafite ishyaka, bafite inyota yo gutsinda, twakunze ko abakinnyi bafite umutima gukina, wo kwerekana impano zabo."
Amarushanwa azakomeza mu mpera z’iki cyumweru ni mu gihe imikino ya Table Tenis na Swimming izakinwa ku munsi wa nyuma w’irushanwa tariki ya 2 Nzeri 2023.
Aya marushanwa yitabiriwe n’Amabanki icyenda arimo BK, Equity Bank, BPR, I&M Bank, NCBA Bank, Cogebanque, Ecobank, Access Bank na GT Bank.

Ibitekerezo