Imyidagaduro

Biravugwa ko Kizito Mihigo yaba yatawe muri yombi

Biravugwa ko Kizito Mihigo yaba yatawe muri yombi

Biravugwa ko umuhanzi Kizito Mihigo umenyerewe mu ndirimbo z’Imana yaba yatawe muri yombi agerageza gutorokera i Burundi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ni bwo inkuru y’itabwa muri yombi y’uyu muhanzi yamenyekanye binyuze ku butumwa TV1 yashyize kuri Twitter ivuga ko ari amakuru ataremezwa n’inzego zibishinzwe.

Yagize ati"Amakuru ataremezwa n’inzego zibishinzwe agera kuri TV1 mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane aravuga ko umuhanzi Kizito Mihigo ari mu maboko y’inzego z’umutekano akaba yafashwe agiye gutorokera i Burundi."

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, CIP Twajamahoro Sylevestre aganira n’ikimyamakuru ISIMBI yavuze ko ayo makuru batarayamenya ariko akaba arimo kuyakurikirana.

Yagize ati "ayo makuru uko urimo kuyumva nanjye niko ndimo kuyumva, gusa ndimo ndayakurikirana ngo menye ukuri kwayo."

Kizito Mihigo akaba yaherukaga gufungurwa muri 2018 ku mbabazi za perezida wa Repubilika y’u Rwanda, hari nyuma y’uko yari yakatiwe imyaka 10 muri 2013 azira kugambanira umukuru w’igihugu.

Biravugwa ko Kizito Mihigo yaba yatawe muri yombi
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top