Siporo

Amavubi yasezerewe atarenze umutaru, yatsinze umukino umwe

Amavubi yasezerewe atarenze umutaru, yatsinze umukino umwe

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore yasezerewe mu irushanwa rya CECAFA y’abagore atarenze umutaru ni nyuma yo gutsinda umukino umwe mu itsinda.

Iri rushanwa ririmo kubera muri Uganda, ryatangiye tariki ya 1 Kamena 2022. U Rwanda rwari mu itsinda A na Uganda, Burundi na Djibouti.

Amavubi y’abagore yakinnye umukino wa mbere tariki ya 1 Kamena na Uganda maze Uganda itsinda u Rwanda ibitego 2-0.

Amavubi yagarutse mu kibuga tariki ya 3 Kamena 2022 akina n’ikipe y’igihugu y’u Burundi, u Burundi bwaje gutsinda u Rwanda ibitego 2-1.

U Rwanda rwari rwaramaze gusezererwa, rwakinnye umukino usoza itsinda ku munsi w’ejo bakina na Djibouti, baje gutsinda Djibouti ibitego 2-0.

Muri iri tsinda hazamutse Uganda n’amanota 9, Burundi 6, u Rwanda 3 ni mu gihe Djibouti yasoje nta nota ifite.

Biteganyijwe ko ikipe y’igihugu uyu munsi ku isaha ya saa 12h z’i Kigali ari bwo ihaguruka muri Uganda igaruka mu Rwanda.

Amavubi yasezerewe ataranze umutaru
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top