Siporo

Amarangamutima ya Mangwende nyuma yo kubona ikipe nshya

Amarangamutima ya Mangwende nyuma yo kubona ikipe nshya

Mu magambo make Imanishimwe Emmanuel Mangwende nyuma yo gusinyira ikipe nshya mu Buhinde, yavuze ko afite ingamba nshya.

Ku wa Mbere w’iki cyumweru nibwo ikipe ya Chennaiyin FC yo mu cyiciro cya mbere mu Buhinde yahaye ikaze myugariro w’umunyarwanda, Imanishimwe Emmanuel Mangwende.

Uyu mukinnyi ukina yugarira ku ruhande rw’ibumoso, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati "Intambwe nshya, urwibutso rushya, ingamba nshya. Twagiye."

Imanishimwe Emmanuel akaba yerekeje muri iyi kipe nyuma y’uko gutandukana na AEL Limassol yo muri Cyprus.

Mangwende, yakiniye amakipe atandukanye nka Rayon Sports, APR FC zo mu Rwanda na FAR Rabat yo muri Maroc.

Mangwende yabonye ikipe nshya
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top