Imyidagaduro

Amagambo Miss Mutesi Jolly yavuze kuri Kwizera Olivier yazamuye amarangamutima ya benshi, batebya bamusabira "Hapiness"

Amagambo Miss Mutesi Jolly yavuze kuri Kwizera Olivier yazamuye amarangamutima ya benshi, batebya bamusabira

Nyuma y’uko Nyampinga w’u Rwanda 2016, Mutesi Jolly agaragaje ko yanyuzwe n’imikinire y’uyu munyezamu ku mukino wa Senegal ndetse akavuga ko ari umufana we, byazamuye amarangamutima ya benshi ndetse bamwe babizanamo gutebya.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru nibwo Amavubi yakinnye na Senegal umukino w’umunsi wa kabiri mu itsinda L mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023, Senegal yaje gutsinda u Rwanda 1-0 cya penaliti ya Sadio Mane yagiyemo ku munota wa nyuma.

Kwizera Olivier wari mu izamu ry’ikipe y’igihugu nubwo yatsinzwe igitego cya penaliti ariko yitwaye neza muri uyu mukino kuko hari imipira myinshi yagiye akuramo ikomeye.

Nyuma y’uyu mukino, Miss Mutesi Jolly yagiye ku rukuta rwe rwa Twitter maze agaragaza ko akunda Kwizera Olivier ari umufana we ukomeye.

Ati "Ubundi Kwizera ni we wanjye! Mufana byo gupfa. Wakoze neza mwana w’u Rwanda. Icyufuzo cyanjye ni ukumubona agera ku gasongero ku rugendo rwe."

Si ubwa mbere Miss Mutesi Jolly agaragaza ko ari umufana wa Kwizera Olivier no muri 2021 ubwo Amavubi yari muri CHAN yarabigaragaje ko ashyigikiye uyu musore.

Ubu butumwa bwazamuye amarangamutima ya benshi aho bamwe bamushimiye ko ashyigikiye Kwizera Olivier ni mu gihe hari n’abatebyaga bamusaba kuzamuha "Happiness" ni ukuvuga ibyishimo ( ni imvugo iharawe cyane muri iyi minsi mu rubyiruko) abandi nabo bati "wiboneye inyana y’imbwa" (imvugo yazanywe na Jolly avuga ko hari igihe umuntu akundana n’umusore akamubera inyana y’imbwa).

Kwizera Olivier yagize umukino mwiza wa Senegal
Mutesi Jolly yashimangiye ko ari umukunzi ukomeye wa Kwizera Olivier
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Cyuzuzo emery
    Ku wa 12-06-2022

    Kwizera Olivier
    Ngewe mbona harigihe kizagera Abantu bamuvuze nabi bakamusaba imbabazi.
    Wabyemera utabyemera arashoboye pe.

    Ikindi kand muvuge muziga.

  • Uwineza Aline
    Ku wa 10-06-2022

    Kbx kwizera ntamuntu utamufana

  • Dushimimana Bienvenu
    Ku wa 10-06-2022

    Nanjye Olivier ndamufana birenze

IZASOMWE CYANE

To Top