Amafoto y’abakobwa 10 bagiye gutoranywamo Nyampinga w’u Rwanda 2020
Muri Intare Conference Arena i Rusororo harimo kubera umuhango wo gutoranya Nyampinga w’u Rwanda 2020, mu bakobwa 19 bari mu mwiherero 9 bamaze kuvamo hasigaye 10 bari buvemo nyampinga w’u Rwanda usimbura Nimwiza Meghan kuri uyu wa 22 Gashyantare 2020.
Abakobwa 20 ni bo bari bageze mu cyiciro cya nyuma cy’abakobwa bagiye mu mwiherero, gusa umwe muri bo ari we Ingabire Ange Jolie yaje guhura n’uburwayi ataha umwiherero udasojwe.
Hasigaye abakobwa 19 ari bo; Irasubiza Alliance [No 11], Nishimwe Naomie [No31], Mutesi Denyse [No28], Ingabire Gaudence [No8], Ingabire Rehema [No10], Musana Teta Hense [No26], Kirezi Rutaremara Brune [No17], Mukangwije Rosine [No21], Ingabire Diane [No7], Mutegwantebe Charnice [No27], Kamikazi Rurangirwa Nadege [No15], Akaliza Hope [No1], Umuratwa Anitha [No42], Mpinganzima Josephine [No19], Teta Ndenga Nicole [No35], Uwase Aisha [No51], Nyinawumuntu Rwiririza Delice [No33], Umutesi Denise [No43] na Umwiza Phionah [No47].
Nyuma yo kunyura imbere y’akanama nkemurampaka, abakobwa 9 bahise basezererwa bitewe n’uko bagiye bitwara mu bibazo babjijwe, 10 ni bo bagiye gutoranywamo Nyampinga w’u Rwanda 2020.
Nishimwe Naomie yakomeje mu cyiciro cya nyuma bitewe n’uko ari we mukobwa wabonye amajwi menshi mu matora.
Abakobwa 1o bagiye gutoranywamo Nyampinga
Nishimwe Naomie [No 31]
Umutesi Denise [No 43]
Ingabire Gaudence [No 8]
Umwiza Phionah [No 47]
Irasubiza Alliance
Mutegwantebe Chanice [No 27]
Teta Ndenga Nicole [No 35]
Musana Teta Hense [No 26]
Akaliza Hope [No 1]
Umuratwa Anitha [No 42]

Ibitekerezo