Imyidagaduro

AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasezeranye n’umugore wa 2

AMAFOTO: Haruna Niyonzima yasezeranye n’umugore wa 2

Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ukinira ikipe ya Young Africans muri Tanzania, Haruna Niyonzima yasezeranye na Cassandra Rayaan aba umugore wa kabiri nyuma Uwineza Consolee bamaranye imyaka irenga 10.

Uyu muhango wabereye muri Tanzania aho uyu mukinnyi abarizwa, ni nyuma y’uko atabashije kugarukana na bagenzi babiri bakina muri iki gihugu(Migi na Kagere) kuko indege yabazanye we yabuzemo umwanya n’imipika ihita ifungwa kubera icyorezo cya COVID-19.

Bivugwa ko n’ubwo byamenyekanye uyu munsi ariko basezeranye mbere y’uko igisibo cy’Abayisilamu gitangira(Mwezi Ramadhan) kuko ntabwo biba byemewe gusezerana mu gisibo.

Cassandra Rayaan cyangwa Cassa Rayaan nk’uko yitwa ku mbuga nkoranyambaga, azwi mu mashusho y’indirimbo ya MC Fab na Tom Close yitwa “Igitabo”.

Haruna Niyonzima mbere yabanaga n’umuryango we muri Tanzania, muri 2019 ubwo yazaga gukina muri AS Kigali yarawuzanye(umugore n’abana), babana mu Rwanda aho yubatse mu Bugesera, ariko ubwo yasubiragayo akaba yaragiye wenyine.

Haruna asezeranye na Cassandra Rayaan mu gihe Idini ya Islam abarizwamo n’ubundi yemerera umugabo kuba yashaka umugore urenze umwe.

Ni umwe mu bakinnyi bubashywe muri Tanzania bitewe n’ibyo yakozeyo, uretse Simba SC na Young yakiniye muri iki gihugu, Haruna Niyonzima yakiniye amakipe atandukanye yo mu Rwanda arimo; Etincelles, AS Kigali, Rayon Sports na APR FC.

Haruna Niyonzima yashatse umugore wa kabiri
Cassa Rayaan nk'uko yitwa kuri Instagram yasezeranye na Haruna
Byari ibyishimo kuri Haruna na Cassandra
Juma Abdul bakinana muri Young Africans yari yaje kumushyigikira
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Esdras
    Ku wa 2-05-2020

    Nonese ko ibi aribyo ashoboye gusa mugirango akoriki

  • Esdras
    Ku wa 2-05-2020

    Nonese ko ibi aribyo ashoboye gusa mugirango akoriki

  • Esdras
    Ku wa 2-05-2020

    Nonese ko ibi aribyo ashoboye gusa mugirango akoriki

IZASOMWE CYANE

To Top