Umunyabigwi w’ikipe y’igihugu Abouba Sibomana yahishuye abakinnyi barindwi b’ibihe byose kuri we mu ikipe y’igihugu Amavubi aho barimo Jimmy Gatete na Olivier Karekezi.
Abouba Sibomana wari myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso wakiniye amakipe atandukanye arimo Rayon Sports, APR FC, Police FC, Gorilla FC zo mu Rwanda na Gor Mahia yo muri Kenya.
Sibomana wanakiniye Amavubi ubu usigaye ari umutoza wungirije wa Gorilla FC, aganira n’Ikinyamakuru ISIMBI akaba yagarutse ku bakinnyi b’ibihe byose kuri we b’Abanyarwanda.
Ati “Mu by’ukuri Amavubi yakiniwe n’abakinnyi benshi kandi b’abahanga ku buryo bigoye ariko kuba watoranyamo abeza kurusha abandi, ariko nagerageza hari abo mbona bakoze ibikomeye kurusha abandi.”
Abakinnyi yavuze ko ari ab’ibihe byose kuri we ni; Jimmy Gatete, Karekezi Olivier, Haruna Niyonzima, Mugiraneza Jean Baptiste Migi, Ndayishimiye Eric Bakame, Erick Nshimiyimana na Desire Mbonabucya.

Ibitekerezo