Nyuma y’umwaka umwe atozwa n’umutoza Adil Erradi Mohammed muri APR FC, avuga ko ari umutoza mwiza uba urajwe ishinga no kubona umukinnyi atoza yavuye ku rwego rumwe yagiye ku rundi.
Mugisha Gilbert amaze umwaka umwe akinira APR FC, ni nyuma yo kuva muri Rayon Sports.
Uyu mukinnyi avuga ko umwaka we wa mbere muri APR FC utamukomereye cyane kuko yagerageje kwisanga mu ikipe agerageza gushaka umwanya wo gukina ndetse arawubona.
Ni umukinnyi wanagize impera nziza z’umwaka w’imikino kuko ibitego 2 yatsinze Police FC ari byo byatumye ikipe ye ya APR FC yegukana igikombe cya shampiyona ya 2021-22.
Agaruka ku mutoza wa Adil Erradi Mohammed wa APR FC wamutoje ubwo yari ageze muri iyi kipe y’ingabo y’ingabo z’igihugu, yavuze ko ari umutoza mwiza ugira abakinnyi inama ndetse uba unarajwe ishinga no kubabona bateye imbere mu mikinire yabo.
Ati "Adil ni umutoza mwiza, ni umutoza ugira abakinnyi inama, tumufata nka papa wacu kubera atugira inama kenshi kandi aba yumva ko umukinnyi yava ku rwego rumwe akajya ku rundi."
Adil Erradi Mohammed ni umutoza ukomoka muri Maroc, amaze imyaka 3 atoza APR FC ndetse muri iyo myaka 3 amaze no kuyihesha ibikombe 3 bya shampiyona.

Ibitekerezo
Ndacyayisenga theogene
Ku wa 21-06-2022Turi tayari nogutwara icyamahoro apr niyo kipe yambere murwanda