Mu gihe Isi yose irimo ishegeshwa n’icyorezo cya COVID-19, umukunzi wa Harmonize, umutaliyani Sarah ngo ahangayikishijwe bikomeye n’umuryango we uri mu Butaliyani bitewe n’uko iki cyorezo kirimo kwicayo abantu umusubirizo.
Italy, ni cyo gihugu kimaze gutangazwa ko cyashegeshwe cyane n’iki cyorezo cya COVID-19 ku mugabane w’u Burayi, abantu barenga 7500 bamaze gupfa bazize iki cyorezo mu gihe abarenga ibimbi 14 bamaze kucyandura.
Ibi byatumye iki gihugu gufunga imipaka yacyo ku buryo ubu nta muntu ushobora kwinjira cyangwa ngo asohoke, umukunzi wa Harmonize, Sarah akaba yarabuze uko asubira muri iki gihugu kureba umuryango we akaba ari muri Tanzania.
Amakuru aturuka mu gihugu cya Tanzania akaba avuga ko uyu mugore ahangayikishijwe n’umuryango kuko avuga ko na wo isaha n’isaha wagerwaho n’iki cyorezo.
Beauty Mmari, umujyanama wa Harmonize akaba avuga ko kuva Sarah atarakira amakuru mabi ubu ameze neza nta kibazo kinini afite, gusa ngo na none abantu bakaba babikabiriza bitewe n’uko bazi ko akomoka mu Butaliyani.
Yagize ati“Sarah nta kibazo kinini afite kuva atarakira amakuru y’uko abavandimwe be banduye Coronavirus gusa guhangayika ntibyabura. Kwerekana ko nta makuru mabi arakira aturutse iwabo, yapositinze video ya musaza we arimo akina. Ni bwo abantu batangiye kubikuririza kuko bazi ko akomoka mu gihugu cyamamayemo COVID-19.”
Kugeza ubu muri Tanzania abantu bagera kuri 6 ni bo bagaragaye ko banduye iki cyorezo, ni mu gihe mu Rwanda bagera kuri 41.

Ibitekerezo