Siporo

Niyigena yanze kwerura, ashyira mu rujijo abakunzi ba APR FC

Niyigena yanze kwerura, ashyira mu rujijo abakunzi ba APR FC

Myugariro wa APR FC, Niyigena Clement yaciye amarenga yo gutandukana na APR FC nyuma y’uyu mwaka w’imikino, yanga kwerura niba azakina umukino wa Rayon Sports cyangwa atazawukina.

Uyu ni umwe mu bakinnyi bavuzwe cyane mu isoko ry’igura ry’abakinnyi muri Mutarama 2026 ubwo yifuzwaga cyane na Al Hilal SC ndetse n’umutoza wa Al Hilal SC atangaza ko bamuguze ariko birangira atayikiniye.

Uyu mukinnyi wari usigaje amezi atandatu amakuru avuga ko yamaze kurangizanya n’iyi kipe yo muri Sudani ikina Shampiyona y’u Rwanda, gusa yavuze ko atabivugaho byinshi, ariko ngo bamubwiye ko nyuma yo gusoza amasezerano bazongera bakavugana niba bakimukeneye

Ati “Ntabwo nabivugaho ibintu byinshi, Al-Hilal yari yanyifuje, biza kurangira bidakunze. Icyari gisigaye ni uko bategereza amezi atandatu yari asigaye, babona bakinkeneye tukavugana. Ku byo twari twavuganye mbere byari byahagaze.”

Ku kuba APR FC akinira uyu munsi, yo baraganiriye ngo yongere amasezeano, Niyigena yagize ati “Ntabwo turavugana.”

Niyigena Clement akaba kandi yashyize abakunzi b’iyi kipe mu rujijo ubwo yari abajijwe niba azakina umukino wo ku wa Gatandatu wa Rayon Sports, yavuze ko atarabimenya kuko nyuma y’imvune yagize ataraba 100%.

Niyigena Clement yavuze ko ashobora kudakina umukino wa Rayon Sports
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top