Imyidagaduro

Knowless mu bahanzi bari butaramira abantu uyu munsi

Knowless mu bahanzi bari butaramira abantu uyu munsi

Abahanzi nyarwanda 3, Knowless, Igor Mabano na Nel Ngabo biteganyijwe ko bari butaramire abantu mu gitaramo cyiswe ‘Global Music Power Hour’, kikaba kiri bube hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Ni igitaramo cyateguwe na Global Livingston Institute, gisanzwe gihuriramo abahanzi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ni mu rwego rwo gusangira umuco w’ibihugu biza guhurira muri iki gitaramo.

Kuri iyi nshuro muri aka karere haraza kuba harimo Uganda n’u Rwanda, Uganda ihagarariwe n’umuraperi Navio, mu Rwanda ni Butera Knowless, Igor Mabano na Nel Ngabo.

Bitewe n’ibihe Isi irimo byo kwirinda COVID-19, iki gitaramo kiraba hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga, buri muhanzi araza kuba ari iwe ariko kiranyura Live kuri Instagram ya Global Livingston Institute.

Iki gitaramo cyahuriranye n’umunsi mpuzamahana w’umurimo, biteganyijwe ko gitangira saa 19h z’i Kigali.

Nel Ngabo, Knowless na Igor Mabano baraza kuba baririmba muri iki gitaramo
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top