Kwibuka

Clapton Kibonke na Mico The Best bifatanyije na Ramjaane basura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (AMAFOTO)

Clapton Kibonke na Mico The Best bifatanyije na Ramjaane basura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (AMAFOTO)

Umunyarwenya Ramjaane Joshua Niyoyita uri mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, atahana umukoro wo kwifashisha ijwi rye rigera kure mu gusobanura amateka y’u Rwanda by’umwihariko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yimuriye ibikorwa bye.

Ramjaane Joshua wari kumwe n’Umuhanzi Mico The Best, Umunyarwenya Clapton Kibonge ndetse n’itsinda ry’abamufasha mu bikorwa by’Umuryango ufasha yashinze wa Ramjaane Joshua Foundation, basobanuriwe amateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’intambwe rugezeho rwiyubaka nyuma y’imyaka 32 ishize.

Uretse iki gikorwa akoze, Tariki 17 Nyakanga 2026 Ramjaane Joshua Foundation yashinzwe na Ramjaane Joshua Niyoyita yatanze Miliyoni eshanu y’ubwisungane bwo kwivuza ku bantu igihumbi bo mu karere ka Bugesera , mu Mirenge wa Kamabuye ndetse na Ngeruka.

Clapton Kibonke yari yaje gushyigikira Ramjaane
Umuhanzi Mico The Best na we yari ahari
Ramjaane yashyizeho ururabo ku mva anunamira imibiri ishyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top