Imyidagaduro

AMAFOTO: Kizito Mihigo yashyinguwe

AMAFOTO: Kizito Mihigo yashyinguwe

Kizito Mihigo wamenyekanye cyane mu ndirimbo z’Imana ndetse n’indirimbo z’ubumwe n’ubwiyunjye, nyuma yo gusezerwaho yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo.

Tariki ya 17 Gashyantare 2020 ni bwo inkuru mbi y’uko uyu muhanzi yitabye Imana yamenyekanye, akaba yarapfuye yiyahuriye muri gereza.

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha bwatangaje ko uyu muhanzi yiyahuye akoresheje amashuka ya ryamagamo muri kasho ya sitasiyo ya polisi i Remera aho yayakozemo nk’ikiziriko ariyahura.

Hari nyuma y’uko tariki ya 13 Gashyantare 2020 bari batangaje ko yafashwe agerageza kwambuka umupaka ajya mu Burundi binyuranyije n’amategeko, aho yakekwagaho kujya gukorana n’imitwe irwanya leta y’u Rwanda n’icyaha cya ruswa.

Kizito yasezeweho bwa nyuma

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu akaba yasezeweho n’abantu batari bake mu rugo rw’umubyeyi we Kicukiro.

Umurambo we wavanwe ku bitaro bya Kacyiru mu gitondo cy’uyu wa Gatandatu ujyanwa mu Busanza mu murenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro mu rugo rw’umubyeyi we aho abavandimwe, inshuti n’abandi bamusezeyeho bwa nyuma.

Misa yo kumusabira yabereye muri Kiliziya ya Mutagatifu Nikola wa Fuluwe i Ndera. Nyina umubyara mu magambo make yasabye abantu kubabarira kuko umwana we yigishaga abantu kugira imbabazi.

Misa yo kumusabira yabereye muri Kiliziya ya Mutagatifu Nikola wa Fuluwe i Ndera
Uyu muhango witabiriwe n'abantu benshi

Nyuma y’aho akaba yahise ajya gushyingurwa mu irimbi rya Rusororo.

Kizito Mihigo yavukiye i Kibeho mu karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo ku itariki ya 25 Nyakanga 1981. Yari umwana wa gatatu mu bana batandatu ba Augustin Buguzi na Placidie Ilibagiza.

Yahimbye indirimbo zirenga 400 zifashishwa muri Kiliziya Gatolika n’ahandi. Amashuri yisumbuye yize kuri Seminari Nto ya Karubanda mu karere ka Huye. Yarangirije muri Collège St André mu Mujyi wa Kigali.

Kizito Mihigo yize umuziki mu ishuri rya Conservatoire de Paris mu Bufaransa anagira uruhare mu ihangwa ry’indirimbo yubahiriza igihugu ‘Rwanda Nziza’.

Nyuma gusabirwa yahise ajya gushyingurwa
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Umuhoza joselyne
    Ku wa 13-12-2022

    Dukundurwanda kd naperezida waco.tugire umutima nkugwa kizito:ikinyabupfura,kubabarira Amahoro,ubumwe kuko turabana b,urwanda imana imuhe iruhuko ridashira amen

  • Domine5 domine
    Ku wa 25-02-2020

    Kizito mi higoh Imana iki ye reka uruhukire mumahoro

  • Domine5 domine
    Ku wa 25-02-2020

    Kizito mi higoh Imana iki ye reka uruhukire mumahoro

  • B j
    Ku wa 24-02-2020

    No comment

  • B j
    Ku wa 24-02-2020

    No comment

  • B j
    Ku wa 24-02-2020

    No comment

  • B j
    Ku wa 24-02-2020

    No comment

  • Mfitundinda gershom
    Ku wa 24-02-2020

    May soal Rest in peace

  • Erneste
    Ku wa 23-02-2020

    Imana imwakire mubayo

  • Erneste
    Ku wa 23-02-2020

    Imana imwakire mubayo

  • SINAMENYE Mathias
    Ku wa 23-02-2020

    KIZITO MIHIGO IMANA IMWAKIRE,KANDI N’UMURYANGO WIWE UGIRE UKWIHANGANA KW’ISI N’IBIBAZO GUSA,KANDI TWESE IY’ISI N’INTIZO TUZOYIVAKO.

  • Tuyisenge
    Ku wa 23-02-2020

    Uruhukire mumahoro

  • Kwizera Theo
    Ku wa 22-02-2020

    Imana imwakire mubayo

  • Kwizera Theo
    Ku wa 22-02-2020

    Imana imwakire mubayo

IZASOMWE CYANE

To Top