Imyidagaduro

Urban Boyz yaba igiye kongera kuzuka?

Urban Boyz yaba igiye kongera kuzuka?

Itsinda ry’abahanzi Urban Boyz riri mu nzira yo kubyutsa imikoranire na Super Level, nyuma y’igihe kitari gito aba bahanzi bari bamaze batandukanye.

Abagize Urban Boyz bongeye guhurira hamwe ari batatu, ndetse bamaze iminsi i Kigali aho bari gukomeza ibikorwa byo gusubirana umubano bahoranye.

Muri uru rugendo, hari amashusho yagiye hanze abagaragaza bongeye guhura na Nsengumuremyi Richard, wahoze ari umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu bikorwa by’iri tsinda ubwo ryakoraga muri Super Level.

Urban Boyz na Richard Nsengumuremyi bari mu biganiro bigamije kureba uburyo imikoranire hagati yabo yakongera kubyutswa.

Muri ibyo biganiro hanarebwa uburyo Super Level yakongera kugira uruhare mu ishoramari no guteza imbere ibikorwa bya Urban Boyz.

Urban Boyz yatangiye gukorana na Nsengumuremyi Richard muri Super Level mu 2012. Iyo mikoranire yagize uruhare mu kuzamura ibikorwa by’iri tsinda, ryaje no kwegukana igihembo cya Primus Guma Guma Super Star.

Mu 2016 ni bwo Urban Boyz yatandukanye na Nsengumuremyi, nyuma y’imyaka bari bamaze bakorana. Nyuma yaho, abagize iri tsinda na bo batangiye kugira ibibazo by’imikoranire, kugeza ubwo gutandukana kwabo kwemejwe ku mugaragaro mu 2018.

Urban Boyz mu nzira zo kongera kuzuka
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top