Siporo

Urabyumva na we ko byambabaje cyane – Muhire Kevin

Urabyumva na we ko byambabaje cyane – Muhire Kevin

Nyuma y’uko shampiyona yo mu gihugu cya Misiri ihageze kubera icyorezo cya Coronavirus, umukinnyi w’umunyarwanda ukinira ikipe ya El-Gaish, Muhire Kevin avuga ko yababajwe no kuba ari muri iki gihugu ntacyo akora akaba atanabasha gusohoka ngo atahe bitewe n’uko ingendo bazifunze.

Hafi Isi yose, muri iki gihe ibikorwa by’imikino n’imyidagaduro byarahagaritswe bitewe n’icyorezo cya Coronavirus gikomeje kugenda gikwirakwira Isi yose.

Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, Muhire Kevin yavuze ko ubu muri iki gihigu urujya n’uruza rw’abantu rusa n’urwagabanyutse bitewe n’uburyo abantu barimo kwirinda cyane kuba bakwandura iki cyorezo.

Yagize ati“ abantu barakomeje gukora ariko kwirinda ni kwinshi, hari ibikorwa byagiye bihagarara kubera iyi virus(COVID-19). Gusa abantu baragenda nta kibazo, si benshi nk’uko byari bisanzwe ariko baragenda. Amarusanwa yose yarahagaze mu gihugu.”

Kuba iki cyorezo cyaramusanze muri iki gihugu akaba atabasha kuba yahava ngo aze mu Rwanda, ngo ni kimwe mu bintu byamubabaje ariko na none ngo kwirinda biruta kwivuza.

Yagize ati“ Ndahakumbuye cyane, kuba ntashobora kuza na we urabyumva ko ari bintu byambabaje. Gusa na none mba ngomba gukurikiza amabwiriza yabadukuriye, numvise ko n’iy’indwara yandurira cyane mu ngendo, ni byiza kuguma hano kugeza bicyemutse.”

Iki cyorezo cya COVID-19, kimaze kuzenguruka imigabane yose y’Isi, cyagize ingaruka zikomeye hirya no hina ku Isi. Imikino itandukanye yagiye ihagara shampiyona zidasojwe.

Kugeza ubu mu Rwanda nyuma y’iminsi 6 hagaragaye umuntu wa mbere wanduye iki cyorezo, Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko abantu bamaze kwandura iki cyorezo bagera kuri 11.

Kimwe n'ahandi henshi ku Isi, shampiyona yarahagaze
Ubu ari mu Misiri nta handi yemerewe kujya
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top