Simba SC yemeje ko izahana abakinnyi barimo Kagere basabwe kugaruka muri Tanzania igitaraganya
Nyuma y’uko bamwe mu bakinnyi bakina muri Tanzania bavuye muri iki gihugu mu gihe shampiyona yahagaze, Kagere Meddie n’umunya-Zambia, Chama, Simba SC yavuze ko bazafatirwa ibihano kuko ari bo bihaye uruhushya banasabwa kugaruka bakanga.
Nyuma y’uko ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania ‘TFF’ ritangaje ko abakinnyi basohotse muri iki gihugu muri ibi bihe kubera shampiyona yahagaze bitewe na COVID-19 batazemererwa kugaruka, Simba SC yavuze ko bamwe mu bakinnyi ba yo barimo Meddie Kagere bihaye uruhushya.
Nk’uko inkuru dukesha ikinyamakuru Global Publishers ibivuga, umwe mu bayobozi ba Simba SC utifuje ko amazina ye atangazwa kuko atari mu mwanya mwiza wo kubivuga, ni uko Simba SC izafatira ibihano by’imyitwarire Meddie Kagere na Chama.
Akomeza avuga ko uruhushya bari bafite ari urwo kujya mu butumwa bw’akazi mu ikipe y’igihugu, ariko nyuma y’uko amakipe y’ibihugu avuze ko atakibakeneye basabwe kugaruka ariko bo bavuga ko bitakunda.
Yagize ati“uruhushya bahawe ni urwo kujya mu ikipe y’igihugu bitewe n’imikino mpuzamahanga, nyuma bitewe na Coronavirus iyi mikino yarasubitswe twakira ibaruwa zivuye mu bihugu byabo ziguga ko batakibakeneye.”
“Bahise basabwa kugaruka mu gihugu byihuse kugira ngo bakomezanye na gahunda bahawe n’abatoza ariko bo bavuga ko kugaruka bitahita bikunda. Kubera ibyo ni ngombwa ko tubafatira ibihano.”
Meddie Kagere yageze mu Rwanda tariki ya 20 Werurwe 2020, ni mu gihe imikino iyo idasubikwa, Amavubi yari afite umukino na Cap Verde tariki ya 23 na 31 Werurwe 2020 mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika. Kagere kuba yahita asubira muri Tanzania ntibyakunda kuko ingendo zose zambuka imipaka zahagaritswe mu gihe cy’ukwezi.

Ibitekerezo
Jerome
Ku wa 29-03-2020Apr irayoboye kabisa turarenze