Siporo

Simba SC yambuye Yanga ya Haruna umwanya wa mbere na Meddie Kagere atakaza uwa mbere

Simba SC yambuye Yanga ya Haruna umwanya wa mbere na Meddie Kagere atakaza uwa mbere

Nyuma y’imikino y’amakipe akinamo abanyarwanda hanze yarwo yabaye mu mpera z’icyumweru, yasize habaye impinduka zitandukanye aho ikipe ya Yanga ikinamo kapiteni wa Mavubi, Haruna Niyonzima yambuwe umwanya wa mbere wa Simba SC ya Meddie Kagere, ni mu gihe uyu mukinnyi yambuwe umwanya wa mbere mu bamaze gutsinda ibitego byinshi na Prince Dube.

Shampiyona yo muri Tanzania yari yakomeje mu mpera z’icyumweru gishize, Simba SC yari yakinnye Gwambina iza kuyitsinda 1-0, ni umukino Meddie Kagere yabanje mu kibuga.

Ku munsi w’ejo Yanga ikinamo Haruna Niyonzima yakinaga na Azam FC ya Ally Niyonzima utari muri 18 bakoreshejwe, Haruna we yinjiye mu kibuga asimbura.

Umukino warangiye ku ntsinzi ya Azam FC y’igitego 1-0 cyatsinzwe na Prince Dube wahise ugira ibitego 12 ku rutonde rw’abakinnyi bamaze gutsinda ibitego byinshi, akaba yanyuze kuri Meddie Kagere wa Simba SC ufite 11.

Kugeza ubu muri iyi shampiyona Simba SC imaze gukina imikino 24 ifite amanota 58, Yanga ikaba yaratakaje umwanya wa mbere ubu iri ku wa kabiri n’amanota 57 mu mikino 27 ni mu gihe Azam FC ari iya 3 n’amanota 54.

Meddie Kagere bamunyezeho ku mwanya w'abamaze gutsinda ibitego byinshi

Mukunzi Yannick ntabwo yari mu kibuga ubwo ikipe ye ya Sandvikens IF yatsindaga Pitea 1-0 muri shampiyona y’icyiciro cya 3 muri Sweden mu mukino wabaye ejo. Iyi kipe iri ku mwanya wa 2 n’amanota 10 inganya na Dalkurd ya mbere.

Muri Armenia shampiyona yari yakomeje, nyuma y’imvune Nirisarike yari yagarutse mu kibuga mu mukino ikipe ye ya Urartu FC yanganyijemo na Ararat-Armenia 0-0. Ararat ni iya mbere n’amanota 31 mu gihe Urartu FC iri ku mwanya wa 6 n’amanota 33.

Nirisarike yari yagarutse mu kibuga nyuma y'imvune

FC Shkupi ya Rwatubyaye Abdul muri Macedonia yaraye itsinze Rabotnički 2-0 umukino Rwatubyaye Abdul yakinnye. Iyi kipe iri ku mwanya wa 2 n’amanota 55 mu gihe Shkĕndija ya mbere ifite 68.

Rwatubyaye Abdul na FC Shkupi batahukanye intsinzi
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top