Nyuma y’uko filime 2 z’uruhererekane zikunzwe na benshi zanyuraga kuri Televiziyo Rwanda zihagaze kubera icyorezo cya COVID-19, guhera ku munsi w’ejo City Maid na Seburikoko zirongera gutambuka nk’ibisanzwe.
Muri Werurwe 2020 ni bwo ubuyobozi bwa Afrifame butegura bukanutanganya izi filime bwatangaje ko zibaye zihagaze gutambuka bitewe n’ibihe igihugu kirimo byo kwirinda icyorezo cya COVID-19, ni mu gihe no kuba abantu bahura bitari byemewe basabwaga kuguma mu rugo.
Ubuyobozi bwa Afrifame Pictures butegura izi filime z’uruhererekane, bwatangaje ko zigiye kongera gutambuka herekanwa uduce dushya nk’uko bisanzwe uhereye ku munsi w’ejo ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi 2020, hazatambuka City Maid.
Izi filime zizakomeza gutambuka nka mbere aho buri wa Mbere saa 19h hatambuka Seburikoko n’aho ku wa Kane saa 21h hagatambuka City Maid.

Ibitekerezo