Icyamamare mu mupira w’amaguru, Ronaldo de Assis Moreira wamenyekanye nka Ronaldinho Gaúcho yizihirije isabukuru y’imyaka 40 muri gereza mu gihugu Paraguay aho afungiye we na mukuru we bazira impapuro z’inzira mpimbano.
Uyu mukinnyi wakiniye amakipe akomeye ku Isi nka FC Barcelona, AC Milan, Paris Saint Germain n’andi menshi, buri tariki ya 21 Werurwe yizihiza isabukuru y’amavuko, kuri iyi nshuro akaba yayizihirije muri gereza.
Uyu mugabo akaba aho afungiye muri gereza akunzwe cyane ndetse abo bafunganywe bagerageje kumufasha kwizihiza isabukuru.
Mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Werurwe 2020, Ronaldinho na mukuru we bafatiwe muri Paraguay bakaba bafunzwe aho bakurikiranyweho gukoresha impapuro z’inzira mpimbano(passport mbimbano).
Uyu musore ufite igikombe cy’Isi yatwaranye na Brazil muri 2002, abakinnyi benshi bari bagize iyi kipe yegukanye iki gikombe bamwifurije isabukuri nziza banamwihanganisha.
Roberto Carlos na Ronaldo benshi bita Gifaru ni bamwe mu bakinnyi bari bagize ikipe ya Brazil yegukanye igikombe cy’Isi cya 2002 bamwifurije isabukuru nziza.
Rutahizamu w’umunya-Cameroun, Samuel Eto’o Fils bakinanye muri FC Barcelona yo muri Espange na we yifurije uyu mugabo uri muri gereza isabukuru nziza.
Iperereza riracyakomeje hakusanywa ibimenyetso ku kirego Ronaldinho aregwa kumwe na mukuru we, ni mu gihe uyu muabo we yiteguye kuba yasohoka muri gereza mu gihe cya vuba. Urubanza rwe rwigijwe inyuma kubera icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije Isi muri iyi minsi.

Ibitekerezo
Emmanuel
Ku wa 23-03-2020tubashimiye amakuru meza mutugezaho