Amezi 3 arashize APR FC itsinze Rayon Sports 2-0 mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 15 umwaka w’imikino wa 2019-2020, Manishimwe Djabel avuga ko yashimishijwe no gutsinda uyu mukino w’abakeba we wa mbere muri APR FC(APR FC vs Rayon Sports) kuko kuri we abifata nk’icyubahiro bahesheje ikipe ye.
Uyu musore ari mu mwaka we wa mbere mu ikipe ya APR FC nyuma yo gutandukana na Rayon Sports yahesheje shampiyona umwaka w’imikino wa 2018/2019.
Ubwo yari muri Rayon Sports yakinnye imikino myinshi ibahuza na APR FC, imwe barayitsinze indi barayitsindwa.
Nyuma yo gusinyira APR FC bakaba bamaze guhura na Rayon Sports yahozemo inshuro imwe, ni umukino wabaye tariki ya 21 Ukuboza 2019, uyu munsi hakaba hashize amezi amezi 3 ubaye.
Bimwe byibukwa kuri uyu mukino ni uko nyuma yo kuwutsindwa, uwari umutoza wa Rayon Sports, Javier Martinez Espinoza yaje kwirukanwa bitewe no gutsindwa umukino w’abakeba, ni nyuma yo kugirwa inama akinangira umutima.
Manishimwe Djabel akaba yaratangaje ko yishimiye gutsinda umukino we wa mbere ahuye na Rayon Sports yahozeho, akaba ari icyubahiro yemeza ko baheshije APR FC.
Yagize ati“gutsinda uyu mukino kuri njyewe ni ibintu bishimishije ariko ni icyubahiro twahesheje abakunzi ba APR FC ndetse n’abayobozi ba yo.”
Uyu mukino warangiye ari 2-0, igitego cya kabiri cyatsinzwe na Manzi Thierry kabpiteni wa APR FC akaba na we ari umukinnyi wahoze akinira Rayon Sports, yinjiye mu ikipe y’ingabo z’igihugu mu mpeshyi ya 2019.

Ibitekerezo
Ndayambaje dezire
Ku wa 18-01-2022APR FC NIGUREABAMAHANGA
Ndayambaje dezire
Ku wa 18-01-2022APR FC NIGUREABAMAHANGA
nitwa Bizimana jean
Ku wa 21-03-2020ndi umukunzawayo sintezekuyivinyuma abakebabarivuga imyato ngobarashaka igikombe igitekerezo cyanjye nukotwabashyigikira tukabatera ingabomubitugu kandi igikombenicyacu?