Siporo

Kevin Kade na Davis D bagejejwe imbere y’Urukiko

Kevin Kade na Davis D bagejejwe imbere y’Urukiko

Abahanzi babiri nyarwanda baregwanwa n’umufotozi ku cyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure, bwa mbere bagejejwe imbere y’urukiko.

Kevin Kade,Davis D, n’umufotozi Habimana Thierry kuri uyu wa 5 Gicurasi 2021, bagejejwe imbere y’Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge.

Nyuma yo gusomerwa imyirondoro yabo, ababuranyi babajijwe niba biteguye kuburana bose hamwe bavugira rimwe ko batiteguye.

Aba bahanzi bakaba basabye ko urubanza rusubikwa ku bw’impamvu zitandukanye aho Davis D ari we wari wazanye umwunganira mu mategeko ariko akavuga ko dosiye yageze muri sisiteme y’inkiko itinze.

Kevin Kade na Thierry bo umwunganizi wabo ntiyabonetse ari nayo mpamvu basabye ko rusubikwa.

Nyuma yo kumva uruhande rw’abaregwa, Umucamanza yasabye Ubushinjacyaha kugira icyo buvuga ku busabe bagaragaje.

Umushinjacyaha yavuze ko kuba abaregwa basaba ko urubanza rwabo rusubikwa kubera impamvu zitandukanye ari uburenganzira bwabo. Yasabye Urukiko kuba ari rwo rwafata icyemezo kuri ubu busabe.

Umucamanza wari umaze kumva impande zombi yahise yemeza ko urubanza rusubitswe, rukazasubukurwa tariki 12 Gicurasi 2021.

Kevin Kade yatawe muri yombi tariki ya 21 Mata 2021. Nyuma y’iminsi itatu tariki 24 Mata 2021 nibwo inzego z’umukano zaguye gitumo Davis D mu rugo iwe ku Kicukiro, na we ajyanwa gufungwa. Aba bahanzi bafunganywe na Habimana Thierry usanzwe ukora akazi ko gufotora. Bose bacumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo i Nyamirambo.

Ku ikubitiro Urwego rw’Ubugenzacyaha bwafashe Habimana Thierry ari nawe ushinjwa gusambanya umwana, tariki ya 21 Mata hafashwe Kevin Kade ni mu gihe Davis D yafashwe tariki ya 24 Mata 2021 aguwe gitumo ubwo yari mu kiganiro cyanyuraga Live kuri Instagram.

Ibi byaha baregwa babikoze tariki ya 18 na 19 Mata 2021 aho byakorewe muri Kicukiro, nyuma yo gufatwa bakaba bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rwezamenyo i Nyamirambo.

Bagejejwe imbere y'Urukiko
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top