Nshimiyimana Emmanuel Kabange, akaba Kapiteni wa Rayon Sports yavuze ko kimwe mu byamufashije muri CECAFA Kagame Cup ari uko yamaze kugira umuryango agatuza akamenya ko hari byinshi umutegerejeho.
Kabange aganira n’ikinyamakuru ISIMBI nyuma yo kwegukana CECAFA Kagame Cup, yavuze ko nyuma yo kugira umuryango yabaye umuntu mushya.
Ati "Nshobozwa byose na Kristu umpa imbaraga ni cyo cya mbere. Icya kabiri buriya iyo umaze kugira umuryango uratuza, uba witeguye gukora byose ngo umuryango wawe utere imbere kuko uba uvuga ngo hari abazankomokaho, biri mu bintu byamfashije."
Yunzemo ati "Ndashimira umugore wanjye wamfashije, unsengera unantera imbaraga buri munsi."
Kabange wanatowe nk’umukinnyi w’irushanwa, yavuze ko ari umugisha kandi binamwereka ko ibyiza biri imbere.
Ati "Ni umugisha, ni urufunguzo rw’umugisha runyereka ko ibyiza biri imbere kandi birampa imbaraga zo gukora cyane."
Yizeje kandi abakunzi ba Rayon Sports ko bagiye gukora ibishoboka byose uyu mwaka bakabasubiza mu matsinda.

Ibitekerezo
Iyamuremye jean Claude
Ku wa 8-08-2026Mwa duhaye ibyishimo ariko abeshi muntara turabafana banyu pe ariko ntitubazi ntakintu mwanjya mufata umwanya abKuzi banyu bo mubyaro bitandukanye natwe tukababona amaso kumaso muzadutekerezeho natwe mujye muza dusangire kutsinzi
Iyamuremye jean Claude
Ku wa 8-08-2026Mwa duhaye ibyishimo ariko abeshi muntara turabafana banyu pe ariko ntitubazi ntakintu mwanjya mufata umwanya abKuzi banyu bo mubyaro bitandukanye natwe tukababona amaso kumaso muzadutekerezeho natwe mujye muza dusangire kutsinzi
Naruberi
Ku wa 8-08-2026Turashimye