Siporo

Amavubi ashobora kutitabira CHAN 2020

Amavubi ashobora kutitabira CHAN 2020

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakinnyi bakina imbere mu gihugu(Equipe CHAN), ishobora kutitabira imikino ya nyuma y’igikombe cya CHAN 2020 kizabera muri Cameroun mu kwezi gutaha, ni nyuma y’uko muri iki gihugu hagaragaye umurwayi wa COVID-19.

Coronavirus, ni icyorezo gihangayikishije isi bitewe n’uburyo mu gihe gito igaragaye mu Bushinwa imaze gukwirakwira henshi ikaba yaranageze no muri Afurika, ibi nabyo bigenda bigira ingaruka ku mikino nko muri Senegal hasubitswe umuhango wo gutangiza shampiyona y’Afurika ‘Basketball Africa League’, Maroc shampiyona isigaye ikinwa mu muhezo.

Ku mugabane w’u Burayi nko mu Butaliyani imikino imwe n’imwe yarasubitswe, mu Bwongereza gusuhuzanya mbere y’umukino byakuweho.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu Minisiteri y’ubuzima muri Cameroun yatangaje ko muri iki gihugu hagaragaye umurwayi w’iyi virusi, akaba ari umufaransa w’imyaka 58 wapimwe tariki ya 24 Gashyantare akayisanganwa.

Kuba muri iki gihugu kigomba kwakira CHAN 2020 guhera ku wa 4-25 Mata 2020 hagaragayemo Coronavirus bishobora kugira ingaruka zitari nziza kuri iri rushanwa.

Amavubi y’u Rwanda ari mu itsinda C na Togo, Uganda na Maroc ashobora kutitabira iri rushanwa bitewe n’iki cyorezo cyagaragaye muri iki gihugu, ni nyuma kandi y’uko ku munsi w’ejo Minisiteri ya Siporo irangajwe imbere na Minisitiri Aurore Mimosa yakoranye inama n’ingaga za siporo n’amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda, bemeza ko amakipe, abakinnyi bagombaga guhagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga bagomba kwirinda kujya mu bihugu bivugwamo Coronavirus.

Amavubi ashobora kutitabira CHAN
MINISPORTS yahuye n'abafatanyabikorwa biga kuri Coranavirus ihangayikishije isi
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top