Abakinnyi b’ikipe y’igihugu bakinnye ijonjora ryo gushaka itike ya CHAN 2020 bagasezerera Ethiopia, bari mu kanyamuneza nyuma y’uko agahimbazamusyi bemerewe bamaze kukabashyikiriza, ni mbere y’uko berekeza muri Cameroun muri Mata.
Amavubi yakinnye umukino w’ijonjora ryo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cy’abakinnyi bakina imbere mu bihugu bya bo cya 2020 ‘CHAN 2020’ na Ethiopia, ni igikombe kizabera muri Cameroun muri Mata 2020.
Abasore b’Abamavubi baje kubyitwaramo neza basezerera Ethiopia ku guteranyo cy’ibitego 2-1, ni mu mikino yabaye muri Nzeri n’Ukwakira 2019.
Umukino ubanza wabaye tariki ya 22 Nzeri 2019 ubera muri Ethiopia, Amavubi yaje kuwutsinda 1-0 cya Sugira Ernest, umukino wo kwishyura wabereye i Kigali tariki ya 19 Ukwakira 2019 amakipe yombi anganya 1-1, Amavubi akomeza ku giteranyo cy’ibitego 2-1.
Gusezerera iyi kipe bakabona itike ya CHAN 2020, buri mukinnyi wese wari ku rutonde rw’abakinnyi bagombaga gukina uyu mukino(uko ari 23) yagombaga kubona agahimbazamusyi ka miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu minsi ishize abakinnyi b’Abamavubi bakinnye iri jonjora ntabwo bari bishimye kuko bavugaga ko bashobora kujya mu mikino ya CHAN 2020 izabera muri Cameroun mu kwezi gutaha batarabona agahimbazamusyi ka bo.
Amakuru ISIMBI ikesha umwe muri aba bakinnyi ni uko aka gahimbazamusyi uwa nyuma yaraye akabonye ku munsi w’ejo, gusa ngo amafaranga yaragabanutse ava kuri miliyoni 3 agera kuri miliyoni imwe n’igice, abakinnyi bemeza ko nta kibazo na kimwe ngo na bo bagomba ukora ibyo basabwa.
Yahakanye akandi amakuru yavugaga ko bahawe n’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda by’umukino wa gishuti bakinnye bagatsinda DR Congo 3-2 tariki ya 18 Nzeri 2019, ngo imikino ya gishuti nta gahimbazamusyi batanze.
CHAN 2020 izatangira tariki ya 4-25 Mata 2020 muri Cameroun, Amavubi ari mu itsinda C kumwe na Maroc, Togo na Uganda.

Ibitekerezo
Didos ndayizeye
Ku wa 3-03-2020Taliki 18 nzeri 2020 Urwanda rwakinye naa congo ? Hehe ?
Inkuru nisawa ariko not clear