Irebe Natacha yatahiye aho, Umunye-Congo ahabwa ikamba rya Miss Africa
Umukobwa wo muri Congo witwa Dorcas Kasinde yegukanye ikamba rya Miss Africa ryaberaga ahitwa Calabar muri Nigeria atsinze abandi bakobwa bo mu bihugu 25 by’uyu mugabane barimo na Irebe Natacha Ursule wari waserukiye u Rwanda.
Kasinde yambitswe ikamba mu birori bikomeye byabereye ahitwa Calabar International Conference Centre mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki 27 Ukuboza 2018. Byanaririmbwemo n’umuhanzi w’icyamamare muri Afurika, Tiwa Savage.
Uyu mukobwa wambitswe ikamba yakurikiwe n’Umunya-Nigeria witwa Chimamaka Goodness Nnaemeka wagizwe igisonga cya mbere ndetse n’umunya-Zambia, Gladys Kayumba wabaye igisonga cya kabiri. Abandi bakobwa bari baje mu myanya itanu ni iss Sierra Leone na Miss Ghana.
Irebe wari waserukiye u Rwanda ntiyagize amahirwe yo kuza mu myanya y’imbere nubwo ari umwe mu bavugwagaho cyane ku mbuga nkoranyambaga z’iri rushanwa rikomeye mu y’ubwiza abera muri Afurika.
Kasinde wahigitse Irebe na bagenzi be wambitswe ikamba afite imyaka 24, yize amasomo y’icungamutungo. Yiyamamaje avuga ko ikimutandukanya na bagenzi be ari uko ari umugore ugira umutima wo gufasha ndetse akagira ubuntu n’ubumuntu.
Uyu mukobwa akimara kwambika ikamba, yatanze ubutumwa ati "Nishimiye kuba Nyampinga wa Afurika umwaka 2019, nishimiye kuba mbafite mwese, ndashimira cyane abaje iri joro kunshyigikira, ababikoze mu bundi buryo bwose, abantoye ku mbuga nkoranyambaga. Ndabakunda cyane."
Uyu mwari ngo yifuza kwifashisha umwanya abonye mu kuba ijwi ry’abatagira kivugira by’umwihariko abagore baharaniye kugera ku buringanire igihe kirekire. Ngo hari n’imiryango yashinze azashoramo amafaranga yatsindiye yo muri RDC.
Irebe wari waserukiye u Rwanda asanzwe afite ikamba ry’igisonga cya kabiri cya Nyampinga w’u Rwanda 2018, yagiye muri Miss Africa mu gihe umwaka washize u Rwanda rwaserukiwe na Muthoni Fiona wabaye igisonga cya Mbere mu gihe ikamba ryahawe uwitwa Gaseangwe Balopi wo muri Botswana.
Yize Amateka, Ubukungu n’Ubumenyi bw’Isi; yarangirije mu ishuri rya Riviera High School, ubu yiga ibyerekeye Ubukungu muri Kaminuza ya Middle East Technical University muri Turukiya.

Ibitekerezo
tresor ishimwe
Ku wa 29-12-2018Kbx
tresor ishimwe
Ku wa 29-12-2018Kbx
-xxxx-
Ku wa 29-12-2018Kbx