Andi makuru

Ibintu bizonga cyane umukobwa uri mu rukundo

Ibintu bizonga cyane umukobwa uri mu rukundo

Umukobwa uwo ariwe wese iyo agiye mu rukundo aba asa n’utuye umutwaro wari umuremereye kuko aba yumva imibereho ye igiye guhindurwa n’uwo baba bakundanye cyane cyane iyo yamwihitiyemo.

Abakobwa benshi ubushakashatsi bugaragazwa n’abahanga mu by’urukundo buvuga ko badakunda kwisabira abakunzi babo gutandukana akaba ari yo mpamvu bahitamo kubatendeka aho kubasaba gutandukana.

Iyo umukobwa atunguwe no kubona ibinyuranye n’ibyo yari ategereje mu rukundo ashobora kudahita afata icyemezo cyo gutandukana n’umuhungu bakundanye ariko akaba muri urwo rukundo adatekanye, ahangayitse kandi yumva agenda acika intege aho hanaziramo no kuba yatendeka kuko atanyuzwe.

Urubuga le plurielles.fr ruvuga bimwe mu bishobora kuzonga/kubuza amahoro umukobwa uri mu rukundo, ibi byanamutera gutendeka:

1. Iyo atitaweho mu buryo butandukanye kandi ubwo aribwo bwose n’umuhungu bakundana

2. Iyo umuhungu bakundanye amubangamira cyangwa se amuyoborana igitugu ndetse akanamufatira ibyemezo kuri buri gikorwa cyose.

3. Iyo umuhungu bakundanye atajya ashaka kugaragaza cyangwa kumwereka ko atewe ishema na we. Aha nk’igihe ahora yumva urukundo rwabo bombi rwaguma ari ibanga rya bo bombi gusa ariko baba bari mu bandi bagenzi ba bo rukaba ibanga.

4. Iyo umuhungu nta mpano n’imwe by’umwihariko iciriritse ajya amuha, na cyane ko abakobwa benshi bikundira impano zidahanitse ndetse zitanahenze zivuye ku bakunzi babo.

5. Iyo buri gihe umuhungu ahora mu ifuhe n’ishyari, ibyo bitera umukobwa gutekereza ko atajya yigera aba umwizerwa imbere y’umukunzi we.

6. Iyo umuhungu akunda kugira incyuro cyangwa se ubika inzika: Niba umukobwa akoze agakosa gato, umuhungu akazajya ahora akamucyurira kabone n’ubwo haba hashize igihe iryo kosa yararimusabiye imbabazi. Ibi umukobwa abifata nko kumuhoza ku nkeke.

7. Iyo umuhungu ahora ashaka ndetse arwanira ko umukobwa yatera nkawe kuri buri kimwe cyose cyangwa ko bahuza imitekerereze, kandi ntibishoboka kuko buri wese aba afite uko atekereza n’uko abona ibintu ahubwo icyo bakora ni ugushyira hamwe ibitekerezo byabo hamwe no kuzuzanya.

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • NDIKUMANE Gérard
    Ku wa 21-07-2023

    GUTANGA IMPANO WARIGEZE GUHEMUKIGWA

  • Bluce Ariel
    Ku wa 9-12-2022

    Manaweeee!!! Mbega eduard!!!!

  • Bluce Ariel
    Ku wa 9-12-2022

    Manaweeee!!! Mbega eduard!!!!

  • dusabalice@2003.gmail
    Ku wa 7-12-2022

    ibingibi bikunz kubaho cyn kdi sibyiza

  • Antoine HABARUREMA
    Ku wa 7-12-2022

    Ibi nibyo pe! Ariko bimwe harimo ibigaragara no kubakobwa

  • Deo Gratias
    Ku wa 17-06-2022

    Kwer nivyo kabxa

  • Deo Gratias
    Ku wa 17-06-2022

    Kwer nivyo kabxa

  • Mucyo
    Ku wa 18-04-2020

    Ndabashimiye
    Kubwi zinama byari bikenewe cyane murino minsi urukundo rwahinduye isura

  • Lea
    Ku wa 9-04-2020

    Mubuzima bwa muntu habamo amarangamutima,nkurikije uko mbyunva,niba uwo mugabo ataramwibarujeho mwirangamimerere,mbere nambere yifata kungufu uwo ashaka,icyo nshaka kuvuga,kuwo Ukunda umuha umwanya nawe akakwiyunvamo,ndavuga kumukunda bitari iby’ababyeyi akamujyana muri mood y’aba chr apana itegeko! Urukundo ubwarwo ruzivugira,ntago wabana n’umuntu utinya,urwo rugo rwaba urwagahinda gusa! Umwanzuro nuwawe ariko inama iruta izindi ntuzabane n’umuntu bitakurimo ingaruka niwowe zazaho Ibyo nkubwira byambayeho ndabizi.

  • -xxxx-
    Ku wa 8-04-2020

    Ndabakunda cyane.

  • -xxxx-
    Ku wa 8-04-2020

    Ndabakunda cyane.

  • Bayisenge
    Ku wa 6-04-2020

    Andika Igitekerezo Hano Twirinde ikicyorezo

  • Rosine
    Ku wa 6-04-2020

    Ibi nibyo pe
    Ibaze ngo ukundana numuntu
    Arko agahora ukubwira akanga
    Boshye urumwana we.
    Murakoze cyane bajye bumvira
    Aha.

  • Rosine
    Ku wa 6-04-2020

    Ibi nibyo pe
    Ibaze ngo ukundana numuntu
    Arko agahora ukubwira akanga
    Boshye urumwana we.
    Murakoze cyane bajye bumvira
    Aha.

  • Rosine
    Ku wa 6-04-2020

    Ibi nibyo pe
    Ibaze ngo ukundana numuntu
    Arko agahora ukubwira akanga
    Boshye urumwana we.
    Murakoze cyane bajye bumvira
    Aha.

  • Alphonse
    Ku wa 6-04-2020

    Gngewe mbona aribyizap kko ushobora kuva murugo utarwaye ukandura cyangwac ukaba urwaye ukanduza abandi

IZASOMWE CYANE

To Top