Andi makuru

Ibintu 5 abasore bakora bigatuma umukobwa azinukwa urukundo

Ibintu 5 abasore bakora bigatuma umukobwa azinukwa urukundo

Mu rukundo hagati y’abantu babiri bakundana hari udukosa tujya tubamo rimwe ugasanga udukoze yirengagije ingaruka zizazamo nyuma. Abasore nibo bakunze kugaragaraho ibintu bimwe na bimwe bakorera abakobwa kugeza aho umukobwa yikuramo ibintu byo gukundana biturutse ku ngaruka y’ibyo yahuye na byo mbere.

Hari amakosa amwe namwe abaho uyakorewe akananirwa kwihangana ku buryo bibaviramo no gutandukana. Twahisemo kubagezaho amwe mu makosa atanu umusore ashobora gukora ugasanga havuyemo gutandukana n’umukunzi we.

1. Kwereka abandi bakobwa ko ubitayeho

Umukobwa mukundana arakugenzura cyane iyo uhuye n’abandi bakobwa kabone niyo baba ari bagenzi be, ikintu cyose ukoze aba akireba. Bamwe mu bahungu bagira ingeso yo kubona abandi bakobwa bakabareba ijisho ryiza, cyangwa se bakabereka ko babitayeho, ndetse ntibatinye no kubasaba numero za terefoni, kandi ari mu rukundo n’undi.

2. Kutagira ikinyabupfura no kurakazwa n’ubusa

Abakobwa ntibakunda abasore batagira ikinyabupfura, bavuga nabi batajya bishima, birarira, bagashaka kwiyerekana uko batari, ugasanga igihe cyose ari abanyamushiha cyangwa se barakazwa n’ubusa, badatinya kuvuga nabi mu ruhame.

3. Kugira umwanda

Kutagira isuku ni kimwe mu bintu bibangamira abakobwa ndetse bikavamo no kuba batandukana n’inshuti zabo

4. Kumugereranya n’abandi bakobwa

Abakobwa cyangwa se igitsina gore muri rusange, ntibakunda ko ubagereranya n’abandi cyane cyane iyo abo bandi aribo urimo gushimagiza. Gushimagiza umukobwa mwigeze gukundana, uwo mwiganye cyangwa uwo muturanye, bishobora gutuma uyu mukobwa w’inshuti yawe yumva ko atakunyuze, ukaba ukunda abo bandi.

5. Kutamwitaho

Abakobwa bose bashimishwa n’uko abasore b’inshuti zabo babitaho ndetse byaba na ngobwa bakabarata mu bandi. Umukobwa wakwemereye urukundo aba ashaka kumva ko hari itandukanirohagati y’uko yari ameze n’uko ameze igihe afite umukunzi. ikintu umukobwa abashaka nuko umuhungu amwereka ko amwitayeho, kandi akanabimugaragariza.

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Elyse MUTABAZI
    Ku wa 1-07-2024

    Muraho

    Turabanza gushimira inkuru mutugezaho buri munsi

    Nkuko zubaka imiryango imwe nimwe
    Byakurusho urubyiruko rwifuza
    Gushinga irugo cg abasore ninkumi
    Bakiri muri mukurambagizanya.

    Nifuje ko mwazadukorera inkuru
    Yukunu wagarura umukunzi wawe mwatandukanye ariko mutarabana nkumugore numugabo?

    Cyangwa uko watereta umukobwa ukurusha ubukire kdi nabone ko aribwo bukugenza umufite urukundo nyarwo.

    Murakoze!!!

  • Elyse MUTABAZI
    Ku wa 1-07-2024

    Muraho

    Turabanza gushimira inkuru mutugezaho buri munsi

    Nkuko zubaka imiryango imwe nimwe
    Byakurusho urubyiruko rwifuza
    Gushinga irugo cg abasore ninkumi
    Bakiri muri mukurambagizanya.

    Nifuje ko mwazadukorera inkuru
    Yukunu wagarura umukunzi wawe mwatandukanye ariko mutarabana nkumugore numugabo?

    Cyangwa uko watereta umukobwa ukurusha ubukire kdi nabone ko aribwo bukugenza umufite urukundo nyarwo.

    Murakoze!!!

  • Elyse MUTABAZI
    Ku wa 1-07-2024

    Muraho

    Turabanza gushimira inkuru mutugezaho buri munsi

    Nkuko zubaka imiryango imwe nimwe
    Byakurusho urubyiruko rwifuza
    Gushinga irugo cg abasore ninkumi
    Bakiri muri mukurambagizanya.

    Nifuje ko mwazadukorera inkuru
    Yukunu wagarura umukunzi wawe mwatandukanye ariko mutarabana nkumugore numugabo?

    Cyangwa uko watereta umukobwa ukurusha ubukire kdi nabone ko aribwo bukugenza umufite urukundo nyarwo.

    Murakoze!!!

IZASOMWE CYANE

To Top