Umuhanzikazi nyarwanda ukunzwe cyane mu njyana gakondo, Clarisse Karasira yakoze ubukwe impera z’icyumweru zisize asezeranye imbere y’Imana n’umugabo we, Ifashabayo Sylivain Dejoie
Ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize nibwo Clarisse Karasira yakoze ububwe aho yasezeranye imbere y’imana muri Christian Life Assembly Rwanda.
Basezeranye imbere y’Imana nyuma ku wa Kane tariki ya 18 Gashyantare 202, basezeranye imbere y’amategeko mu murenge wa Rusororo.
Uyu muhanzikazi yari yambariwe(marraine) n’umuhanzikazi mugenzi we wakunzwe mu ndirimbo z’urukundo, Liza Kamikazi.
Tariki ya 8 Mutarama nibwo Ifashabayo Sylivain Dejoie yashinze ivi hasi asaba Clarisse Karasira ko yazamubera umugore, undi arabyemera.
Icyo gihe Clarisse yagize ati "Umutware yansabye ko nazamubera umugabekazi w’ibikomangoma bye! Nashingira he mpakanira iyo ngabo y’ikirenga? Wakoze Mana, wakoze rukundo.”
Ku wa 30 Mata 2021, abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yifurije umugabo we isabukuru nziza aho yavuze ko ari malayika Imana yamwoherereje ndetse atazi uko ubuzima bwari kumera iyo baza kuba batari kumwe.
Clarisse Karasira ntabwo yakunze kumvikana cyane mu nkuru z’urukundo yaba igihe yari umunyamakuru no mu buhanzi bwe kugeza umunsi atangaje ko yambitswe impeta.

Ibitekerezo
M.GZZO
Ku wa 4-05-2021Clarisse iwish u happy marriege and enjoy ur king God blessed u