Andi makuru

Abayisilamu 84 bagiye mu rugendo rutagatifu i Mecca

Abayisilamu 84 bagiye mu rugendo rutagatifu i Mecca

Mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 29 Nyakanga 2019 ni bwo Abayisilamu 84 buriye indege ya RwandAir berekeje mu gihugu cya Saudi Arabia aho bagiye kwitabira urugendo rutagatifu rubera mu mujyi mutagatifu wa Mecca.

Uru rugendo rutagatifu ruzwi ku izina rya Hajj ni imwe mu nkingi eshanu ziranga idini ya Islam ndetse buri muyisilamu akaba asabwa kurukora inshuro imwe mu buzima bwe gusa na none rukorwa n’ababishoboye kuko baba bagomba kwiyitaho bakita no ku miryango yabo basize igihe badahari baragiye muri urwo rugendo.

Nk’uko bigaragara ku rukuta rwa Twitter rwa Sosiyete itwara abantu n’ibintu mu kirere ya RwandAir, biteganyijwe ko aba bayisilamu ibageza mu mujyi wa Dubai bakabona kwerekeza i Mecca ari naho bazakorera umutambagiro mutagatifu bazenguruka inshuro zirindwi Ingoro y’Imana izwi nka ’Kaaba’ cyangwa ’Al-Ka ‘Bah Al-Musharrafah’ nk’uburyo bwo kugera ikirenge mu cy’Intumwa z’Imana zirimo Muhammad na Aburahamu kuko zabikoraga.

Ni amagambo Rwandair yanditse yerekana ko yishimiye kuba itwaye aba bayisilamu ndetse aherekejwe n’amafoto atandukanye, ubwo bari ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali biteguye kurira indege.

Iki kigo cyagaragaje ko ari ibyishimo kuba aba bayisilamu bagiye n’indege yacyo, aho cyashyize kuri Twitter amafoto ariho umuyobozi mukuru, Yvonne Manzi Makolo ari ku kibuga cy’indege cya Kigali hamwe n’abayisilamu bategereje kurira indege, ari kumwe na Mufti w’u Rwanda, Sheikh Hitimana Salim

Ku kibuga cy’indege bagiye

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top